Ravi The Star umuhanzi ukomeje kwerekana ubuhanga be mu njyana zose zibyinika

Umuhanzi Mazimpaka Ravi uzwi nka Ravi Star ni umusore uri kuzamuka  cyane muri muzika nyarwanda  akomeje  gutangaza yuko ashaka gutera ikirenge mucya bakuru be bamutanze muri muzika aho yifuza gukora injyana zose .

Mu kiganiro twagiranye n’uyu musore ubona ukiri muto yadutangarije yuko  yatangiye kuririmba mu mwaka wa 2014 aho yatangiye akora injyana ya Rnb .

Yagize ati ntangiye muzika mu mwaka wa 2014  ntangira nkora injyana ya Rnb ariko uko iminsi igenda nagiye mbona muzika nyarwanda iri gutera imbere akaba ariyo mpamvu nahisemo gukora injyana zose ziganjemo izibyinika .

Kugeza ubu uyu musore amaze gukora indirimbo ebyiri  zose zifite n’amashusho hakab aharimo iyo yakoze muri 1994 yise Mu ukuri  ndetse niyo aherutse gushyira hanze vuba aha yise urabifite .

Yakomeje atubwira ko imbogamizi amaze guhura nazo kuva yatangira gukora muzika ari ukwifasha muri byose aho yiririhira studio ndetse n’amashusho akab ariwe uyikoreshereza nyuma yibyo byose ngo nubwo agitangira abonye umujyanama  yarushaho gukora cyane gusa akaba ahamya ko ibikorwa bye agiye gukomeza kubikoraho kugira ngo abakunzi be babimenye banabone impinduka ari  gukora .

Ikindi kintu kimugora  n’ukobona umuhanzi ukizamuka iyo ajyanye indirimbo kuri radio nyinshi zishoboka usanga imwe cyangwa ebyiro arizo zikina indirimbo ze akaba asaba abanyamakuru muri rusange  gutera abahanzi bakizamuka  ingabo mu bitugu aho kugira ngo bajye batuma izo mpano nshya zikizamuka zicika intege kuko bituma na muzika nyarwanda idakomeza gutera imbere .

Dusoza yasabye abashoramari bo mu Rwanda gushyira amafaranga mu mpni z’abana ba banyarwanda kuko nabo bazakoresha izo mpano bakamamaza ibikorwa byabo , ikindi nuko bajya banakurikirana izo ndirimbo z’abana ba banyarwanda bakazikunda  cyane aho guhora batanaga mafaranga yabo ku bannzi bo hanze  cyane .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *