Safi Mu rwego rwo guhima The Mane yamaze kwandikisha indirimbo ze Muri RDB

Mu mpera  z’Umwaka ushize nibwo  mu binyamakuru bya hano mu Rwanda humvikanye inkuru ivuga itandukana rya  Safi Madiba n’Inzu yamufashaga  ya The Mane iyoborwa na Mupende  Ramadhan  uzwi nka  Bad Rama .nyuma  y’izo nkuru Umuhanzi  Safi Madiba  yongeye kwemeza ko  afite uburenganzira ku bihangano bye  ko ubu  yanamaze kubyandikisha nk’umutungo we abyanmdikisha  muri  RDB.

Safi Madiba  yakoze ibi nyuma yaho Ubuyobozi bw’inzu ifasha abahanzi ya The mane bwageneye itangazo abanyamakuru ndetse n’abanyarwanda  ribasaba kutazongera gukoresha ibihangano byose  Safi  Madiba  haba kuri radio cyangwa Televiziyo kuko atari ibye ari  umutungo wa The Mane

Kuri ubu Safi Madiba amaze kumenyesha abamukurikira ko yatandukanye na The Mane mu ibaruwa yandikiye itangazamakuru igenewe n’abandi bose bafite aho bahuriye na muzika.

Muri iyi baruwa Safi Madiba agira ati” Ndashaka kwemeza ko ntakibarizwa muri The Mane nk’uko babyitangarije tariki 17 Ukuboza 2019, ndabashimira ku bw’igihe twari tumaranye kuva muri 2017, twize byinshi kandi twageze kuri byinshi dufatanyije.”

Safi Madiba yamenyesheje abafana be ko ibihangano bye ari we byanditseho ntawundi ukwiye kubabeshya ko atabifiteho uburenganzira nk’uko byakunze kuvugwa mu binyamakuru bitandukanye.

Iyi baruwa yari ikurikiwe n’inyandiko za RDB zerekana ko ibihangano bikurikira bimwanditseho; ‘My Hero’ yasohotse ku wa 18 Gicurasi 2018, ‘Igifungo’, yasohoye ku wa 17 Nzeri 2018, ‘Good Morning’, yasohotse ku wa 30 Nyakanga 2018, ‘Original’, yasohotse ku wa ku wa 21 Nzeri 2019, ‘Nisamehe’ yasohoye ku wa 17 Gicurasi 2018, ‘Kimwe kimwe’ yasohoye ku wa 24 Ukuboza 2017 ndetse na ‘Kontwali’ yasohotse ku wa 29 Mata 2019.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *