Shalom Safaris ku bufatanye na RDB batembereje abagize imyaka 25 muri gahunda ya Tembera u Rwanda

Mu gihe  ikigo cy’igihugu  cy’iterambere  ndetse  n’abanyarwanda bose  bizihiza imyaka 25 twibohoye  gifatanyanyije na kompanyi  itembereza ba mukerarugendo izwi nka  Shalom  Safarie batembereje  mu birunga urubyiruko rwizihije imyaka  25 muri uyu  mwaka muri  gahunda ya Tembera  U Rwanda .

U rwo rugendo rwo kujya gusura ingagi zo mu birung rwabaye ku Gatandatu  aho itsinda ry’urubyiruko mabaruherekeje bagurutse ku biro bikuru bya RDB  berekeza mu ntara y’amajyaruguru mu karere ka Musanze aho bagiye basobanurirwa bimwe mu byiza bitatse u Rwanda   mu nzira yose kurinda bagerayo .

Nkuko twabitangarijwe n’umwe mu bakozi ba  Shalom  Safaris  yatubwiye ko  urwo rugendo bagihe barukoze mu rwego rwo kwereka abanyarwanda  ibyiza bitatse igihugu cyabo  binyuze mu bukangurambaga bwa  Tembera u Rwanda  aho  RDB yifuza ko  abanyarwanda bagomba kumenya neza  igihugu cyabo aho  kwumva ko abanyamahanga aribo bonyine bagomba gusura  Rwanda .

Ibyo RDB iteka  muri gahunda ya Tembera  Rwanda  ikoresha amaruhanwa  abatsinze  bagatembereza  muri Parike y’ibirunga  ku buntu  mu gihe  bisanzwe bizwi  ko  gusura Ingagi  zo mu birunga  ku muntu uwo ariwe  wese bisaba amafaranga angana na 1500 y’amadorali  y’Amerika .

Tumubajije ku bijyanye na Kompanyi yabo yatwaye abo bantu yatubwiye  ko ari Kompanyi  yitwa  Shalom Safaris  ikora akazi ko  gutwara ba mukerarugendo ndetse bakaba banafasha abantu  bifuza  gutembera mu Rwanda  kugera aho bifuza  gutembera hose mu Rwanda  no kubashakira hotel zifite serivise nziza  ikaba ikorera mu Rwanda  mu bice byose  bifite  ubwiza nyaburanga  .

Yakomeje atubwira ko  mu rwego rwo gukomeza  gahunda ya Tembera u  Rwanda  kompanyi yabo nayo  itegura  ingendo zo  mu matsind aaho abantu bifatanya ari benshi  ku mafaranga makeya  none  bagatemberezwa  ibyiza nyaburango  nyo mu Rwanda  nko kuzamuka  ikirunga cya bisoke , gusura Parike  y’akagera,  gutembera ku kiraro cyo  muri  Nyumngwe bizwi nka  Canopy walk ni bindi  byinshi

Yasoje  atubwira ko nyuma  yo  kuva  mu birunga Shalom Safarie  ubu yateguye urundi rugendo  rwo kujya gusura  ikiraro cya Canopy mw’ishyamba rya Nyungwe  kw’itariki ya  24 Ugushyingo 2019 aho  ku munyarwanda azajya atanga 30.000frw naho ku bakomoka  muri afurika y’iburasirazuba  agatanga  35.000Frw , umunyamahanga  uba mu Rwanda we akaba ari  amadorali 100 y’amerika   utahaba agatanga  150$ ayo mafaranga yose akaba  akubiyemo ibintu byose  itike  yo kugenda no  kwinjira muri Parike nibyo kurya saa sita .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *