Shizzo na Queen Cha bashyize hanze amashusho y’Indirimbo Agatoki ku kandi’ igaragaramo umukunzi we Alliah Cool (Video )

Umuraperi Shizzo  ukunze  kwiyita  King Of Bugoyi Wood   usanzwe  ukorera umuziki we muri  muri  Leta  ya Indiana  Muri  leta Zunze ubumwe  z’Amerika  ariko kuri ubu akaba  ari mu biruhuko hano mu Rwanda  yashyize hanze  amashusho y’Indirimbo agatoki ku kandi yakoranye  n’umuhanzikazi Queen Cha .

Ubwo  uyu  musore  yatugezagahoi iyo  ndirimbo twatunguwe no  gusanga mu mashusho yayo  hagaragaramo umukobwa bimaze kumneyekana ko ari umukunzi we  Isimbi Alliance ku mbuga nkoranyambaga uzwi nka  Alliah Cool  ndetse n’anadi mazina  menshi muri  Sinema Nyarwanda  bituma twifuza kumubaza  Impamvu yahisemo gukoresha  umukunzi we  nk’umukinnyi w’Imena  mu ndirimbo ye Agatoki ku Kandi.

Shizzo  yagize ati “ Indirimbo agatoki ku kandi nayikoze ngendeye ku munyega w’urukundo   ngiye kumaramo  hafi umwaka urenga na isimbi  nkaba narayikoze rero  binturutse ku mutima kandi nkurikije urukundo ankunda kandi najye mukunda  akaba  rero ariyo mpamvu  yatumye musaba ko  yayigaragaramo nawe  kubera  uko  yayishimiye ntiyigeze angora  .

Yakomeje avuga  ko byinshi  mubyo aririmba muri iriya ndirimbo ari true  story  kuko  ariwe  nashakaga kuvugaho cyane  nayikoze  nyine nshaka gukomeza kumushimisha mu rukundo rwacu .

Tumubajije ikintu  abona kuri isimbi  cyatumye amwimariramo   yadusubije ko   ari umukobwa  uzi  ubuzima icyo aricyo  ibintu bituma  atandukana nabo mbona  muri iyi  minsi  , Ikindi yashimangiye ko  mu gihe bamaranye  yiyumva nk’umugabo kuko ibintu byinshi  kuri we byarahindutse cyane  mu buzima bwe .

Tubamenyeshe ko indirimbo  Agatoki ku kandi yakoreye  muri Studio ya The mane  mu buryo bw’Amajwi ikorwa na  Producer Holy Beat. Ni mu gihe amashusho yafashwe anatunganwa na Bob Chris Raheem.

Shizzo yavuze ko yakunze Isimbi Cool kuko ari umukobwa utandukanye n’abandi ‘udasamara’. Yavuze ko adashidikanya ko ‘dukundana’.

Muri iyi ndirimbo, Shizzo aririmba yumvikanisha ko ari we ukwiye Isimbi Alliance kandi ko abatekereza ko bazatandukana bitazabaho.

Avuga ko kuva yamenyena na Isimbi ubuzima bwahindutse kandi ko kuba kure bituma abura amahoro muri we.

Mu buryo bw’amajwi iyi ndirimbo ‘Agatoki ku kandi’ yakozwe na Producer Holy Beat. Ni mu gihe amashusho yafashwe anatunganwa na Bob Chris Raheem.

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *