
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 09 Mutarama 2019, nibwo uruganda rumaze kumenyekana cyane hano mu Rwanda rwa Skol rwatangaje ku mugaragaro amasezerano rwagiranye n’ikipe ya Arsenal.
Mu ijambo ry’Umuyobozi mukuru wa Skol Rwanda Ivan Wulffaert yatangaje byinshi kuri ubwo bufatanye bagiranye n’ikipe ya Arsenal Ikunzwe na benshi , muri bimwe mu byatumye Skol ikorana na Arsenal harimo nko kuba nuko ari imwe mu makipe akunzwe cyane aho ifite abafana bagera kuri miliyoni 88 muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Yakomeje avuga bimwe mubikubiye mu masezerano bagiranye bizaranga n’ikipe y’Arsenal yiyemeje ko bagomba gukorera hamwe , gukora ibintu by’agaciro , gukomeza gutera imbere no kwishimira kuba abavugizi ba Arsenal .
Ikindi nuko uruganda rwa Skol rufitanye isano ikomeye n’umupira w’amaguru aho rumaze imyaka itari mike rutera inkunga ikipe ya Rayon Sports imwe mu makipe akunzwe cyane mu Rwanda .
Mu bindi yagarutseho ni ukuntu Skol yifuza ubufatanyabikorwa binyuze mu kigo cy’igihugu cy’Amajyambere (RDB ) aho Skol ishaka kuzajya ihuza abafana ba Arsenal binyunze ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe bazabasha kubona amatike ndetse no kwirebebera imipira ya Arsenal biciye ku mbuga nkoranyambaga .
Ku bijyanye n’umupira w’amaguru mu Rwanda biyemeje guteza imbere imikino mu Rwanda aho batanga amahugurwa ku batoza .
Umuyobozi wa Skol Rwanda yabajijwe ku bijyanye n’amafaraga batanze kugira ngo batangire gukorana na Arsenal asubiza ko batanze amafaranga menshi gusa abazi yuko Skol yaciye muri RDB kugira ngo bagirane imikoranire na Skol ntaho bihuriye ahubwo Arsenal nyuma yo kumenya neza imikorere ya Skol yifuje ko bakorana kubera uburyo ikunzwe muri Afurika.
Ku bijyanye n’amasezerano bagiranye yavuze yuko amasezerano ya Skol na Arsenal azagend ayongerwa kubufatanye na RDB bakaba bazakomeza gukoresha uko bashoboye ngo iyo kipe na Skol bikomeze bikorane
Umuyobozi mukuru wa Skol Rwanda yavuze no kubijyanye n’amasezerano bafitanye na Gikundiro (Rayon Sport ) aho batanga 50 kw’ijana andi bakayakura mu bafatanyabikorwa .
Anita Haguma Ushinzwe ubucuruzi muri Skol Rwanda Abanyamakuru bari bitabiriye ari benshi cyane Umuyobozi mukuru wa Skol Africa nawe yari yitabiriye Inzoga nshya Ya Skol Select ikunzwe na benshi Marie Paul Niwemfura Ushinzwe Kwamamaza Skol Select Skol Select niyo igiye kuzajya yamamaza Arsenal muri afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara Abayobozi bakuru muri Skol bagiranye ibihe byiza na bamwe mu bakinnyi bakinnye muri Arsenal Anita Haguma ushinzwe ubucuruzi muri skol na Vinai Ventkatesham wo muri Arsenal hamwe na Ivan Wullfaert Umuyobozi mukuru wa Skol Rwanda Muri Emirates Stadium