Social Mula yashyize hanze amashusho y’indirimbo Yayobye imwe muziri kuri Alubumu agiye kumurika ( Video)

Umuhanzi Social Mula n’umwe  mu basore bakunzwe cyane hano mu Rwanda  kubera ubuhanga  akomeje kugaragaza mu ndirimbo zikomeje kwigarurira imitima ya Benshi .uyu musore  kuri  uyu wa kabiri tariki ya 19 ugushyingo 2019 nibwo yashyize hanze amashusho y’indirimbo Yayobye .

Iyi ndirimbo Yayobye  n’idirimbo irimo  inkuru y’uko umugabo  yakundaga guca inyuma umugore cyane maze  rimwe  aza kwibeshya yandikira umukobwa yakundaga  ariko umufashe we  atabizi nuko yisanga yayoherereje umugore we ibintu byatenye  intonganya mu Rugo rwabo .

Mu kiganiro kigufi SocialMula yadutangarije ko iriya ndirimbo yayikoze ashaka  gutanga ubutumwa  ku bantu bose  ko burya telefoni ishobora  kugushyira mu byago mu gihe cyose waba uyikoreshe  nabi akaba yarifuzaga ko buri munyarwanda yazajya abanza akareba neza  mbere yo kugira  aho yohereza ubutumwa  kuko bushobora kuyoba bukaguta mu kaga .

Tubamenyeshe ko iyi ndirimbo yayobye ari imwe  mu ndirimbo ziri kuri Alubumu ye ya mbere yise Ma Vie ateganya  kumurikira banyarwanda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 23 Ugushyingo 2013 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Muri iki gitaramo Social Mula yatumiyemo umuhanzi King James uherutse gushyira hanze indirimbo “Yabigize birebire”, umuhanzi w’umundi Big Fizzo wakunzwe mu ndirimbo nyinshi z’urukundo nka “Ndakumisinze”, “Munyana”, “Bajou”. 

Uyu muhanzi kandi yaguye igikundiro cye binyuze mu ndirimbo “Indoro” yakoranye n’itsinda rya Charly&Nina. Hari kandi Bruce Melodie, Yvan Buravan, Yverry n’umuhanzikazi Marina Deborah.

Indirimbo yayobye ifite iminota itatu n’amasegonda 43 yakozwe  mu buryo bw’amajwi na Producer Made Beat Umaze kwigarurira imitima y’ibyamamare hano mu Rwanda naho amashusho akora na Bagenzi Bernard.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *