Social Mula yatangaje abahanzi bazamufasha ubwo azaba amurika Alubumu ye ya Mbere

Lambert Mugwaneza uzwi cyane mu njyana ya Rnb nka Social Mula ni umwe mu basore  bafite ijwi ryigaruriye imitima ya benshi ,uyu muhanzi nyuma y’imyaka irindwi yose akora umuziki agiye  gushyira hanze alubumu ye ya mbere yise Ma vie.

Mu kiganiro na Social Mula yavuze ko ageze kure imyiteguro y’igitaramo cyo kumurika album ye ya mbere akaba  yanadutangarije ko abahan zi bazamufasha  bose bamaze kwitegura abo akaba ari  Big Fizzo, King James, Bruce Melodie, Marina, Yverry na Yvan Buravan.

Mu gihe  Social  Mula  mu gihe amaze mu muziki yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe nka Super Star”, “Ku Ndunduro”, “Ndiho”, “Amahitamo”, “Isegonda” ndetse na Ma vie  yititirye iyo alubumu ye.

Tubibutse ko uyu musore  mu gihe cy’imyaka irindwi akora umuziki yagiye abona amahirwe yo kwitabira amarushanwa menshi akomeye nka Primus Guma  Guma , Salax Award  , kuri ubu akaba ari umwe mu bahatanira iihembo bya Prix Decouverte  gitegurwa  na RFI 

Biteganyijwe  ko tariki 23 Ugushyingo 2019 aribwo Social Mula azamurikira abakunzi ba muzika Album ye ya mbere igizwe n’indirimbo zinyuranye ziganjemo izitarajya hanze ndetse na nke mu zasohotse.

Iki gitaramo cyo kumurika album “Ma vie” ya Social Mula byitezwe ko kizabera mu ihema rya Camp Kigali

Kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari amafaranga ibihumbi bitanu mu myanya isanzwe (5000 Frw), ibihumbi icumi (10 000 Frw) mu myanya y’icyubahiro, n’ibihumbi ijana na mirongo itanu (150 000 Frw) ku meza azicaraho abantu umunani mu myanya y’icyubahiro.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *