The Mask Party i Rubavu izitabirwa na Asinah na Mico

Mu mpera z’iki cyumweru mu mugi wa Rubavu ni hamwe mu hantu  hazaba hashyushye cyane  kubera ibitaramo bitandukanya bizahabera harimo igitaramo cya Iwacu Muzika Festival izaba iri kuhabera ariko kahazaba hari ni bindi  bitaramo nka The Mask Party izitabirwa n’Umuhanzikazi asinah ndetse na Mico the  Best .

Nkuko twabitangarijwe n’umwe  mu basore bari gutegura icyo gitaramo cya The Mask Party yatubwiye ko  kizaba  ku wa gatanu  mu kabyiniro kazwi nka Little Paris kari ku nknegero z”ikiyaga  cya Kivu  bakaba  bazaba batumiye  abahanzi  Mico The Best,Asinah,ndetse  na Ben Adolphe ,

Uwo musore kandi yatubwiye  ko  Atari abahanzi gusa  ahubwo bazanibonera Irushanwa ry’akataraboneka ryo kurya aho batumiye umwe mu bagabo bazwiho kurya ibiryo byinshi  hano mu Rwanda  witwa Temarigwe .

Iri rushanwa ryo kurya rizahuza Temarigwe n’umugande Sempijja Jukko. Kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari amafaranga ibihumbi bibiri (2000frw) umuntu agahabwa Mask imwe. Aha hakazaba hacurangira aba Djs bakomeye mu karere ka Rubavu barimo Dj Tiger ndetse na Dj Kelly. Iki gitaramo kizaba kibera ku nkengero neza z’ikiyaga cya Kivu cyane ko aka kabari kari neza iruhande rw’iki kiyaga ahakunze gusohokera umubare munini w’abakunzi b’umuziki.

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *