Ubuyobozi bwa East Africa Promoters bwashimishijwe no kuba Iserukiramuco rya “Iwacu Muzika ryaganiriweho mu nama y’abaminisitiri

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Kamena 2019, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro  yayobowe  na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Muri iyi nama bimwe mu byaganiriwe harimo n”iserukiramuco rya “Iwacu Muzika  ritegurwa na East African Promoters

Muri iyi haganiriwe ku byemezo byinshi aho buri Minisitiri yagiye  yerekana gahunda  minisiteri ye ifite aha niho Minisitiri w’umuco na Siporo Nyirasafari Esperance  yamenyesheje  guverinoma zimwe  muri gahunda Minisiteri y’Umuco na siporo  iri gutegura muri iyi minsi.

Minisitiri Nyirasafari Esperance  yavuze ko Ku itariki ya 16 Kamena 2019 i Kigali hazabera ku nshuro ya 15 isiganwa Mpuzamahanga ry’Amahoro

Kuva tariki ya 7 kugeza ku ya 21 Nyakanga 2019, hateganijwe imikino ya CECAFA Kagame Cup izabera mu turere twa Huye, Rubavu no mu Mujyi wa Kigali;

Irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro ryatangiye ku itariki ya 4 Kamena 2019, imikino ya nyuma ikaba iteganyijwe ku itariki ya 4 Nyakanga 2019.

Yanavuze ko ku bufatanye na East Africa Promoters Minisiteri y’umuco na Siporo barimo gutegura iserukiramuco ryitwa Iwacu Muzika ku nshuro ya mbere muri 2019. Iri serukiramuco ngarukamwaka rizabera mu Ntara 4 zigize Igihugu cyacu no mu Mujyi wa Kigali.

Byitezwe ko iri serukiramuco rizatangira tariki 22 Kamena 2019 rigahera mu karere ka Musanze mu ntara y’Amajyaruguru rikazakomereza mu turere nka Rubavu, Huye, Ngoma ndetse no mu mujyi wa Kigali ahazabera igitaramo cya nyuma cy’iri serukiramuco.

Mushyoma Joseph yadutangarije  ko nyuma yo  kumva imyanzuro y’Inama y’abaminisitiri ku serukiramuco rigiye kuba bwa mbere.

Yaboneyeho gushimira abaterankunga banyuranye bahise bumva vuba iki gikorwa ndetse bakagishyigikira. Yashimiye by’umwihariko Bralirwa Ibinyujije mu kinyobwa cya Primus Radiant, NECDP kimwe n’abandi baterankunga bafashije EAP muri iki gikorwa.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *