Umuhanzi Alto wongerewe amasezerano muri Ladies Empire yashyize hanze amashusho y’Indirimbo ye Ndacyagukunda

Umuhanzi  Alto uri kuzamuka vuba  ubarizwa mu nzu  ifasha abahanzi ya Ladies Empire  y’Umuhanzikazi Oda Paccy  Nyuma y’amavugurura  yabayeho  mu cyari Empire Record nyuma  yo kongererwa masezerano yashyiriye rimwe hyanze amajwi n’amashusho y’Indirimbo Ndacyagukunda

Uyu musore  ufite ijwi rimaze guhogoza  benshi mu bumvise zimwe mu ndirimbo ze  ni umwe  mu bahanzi babiri bari barasinyishijwe  amasezerano yo gukorana na Empire  ariko we akaba  asigayemo wenyine na  Oda Paccy arishimira  ko yagiriwe icyizere cyo gukomeza  gukorana nayo  .

Mu kiganiro Kigufi Alto yagiranye na    KIGALIHIT  yadutangarije ko Iyi ndirimbo yumvikanamo amagambo y’urukundo umuhungu aba abwira umukobwa batandukanye akajya kwishakira undi musore amwibutsa ko amukumbuye.

Ati “Burya ribara uwariraye amahitamo yari ayawe gusa ntacyo ngushinja, ndacyagunda ni ukuri njya ngukumbura wowe untera irungu.”

Alto yasigaye muri Ladies Empire mu gihe Nessa bayibanagamo we yasezerewe nubwo ubuyobozi bwayo bwo butajya bwifuza kugira icyo bubivugaho, usibye abahanzi bakozwemo impinduka n’abatunganya indirimbo muri iyi studio barahinduwe.

Iyi ndirimbo nshya ya Alto yakozwe na Producer X wasimbuye Junior Multisystem mu gihe amashusho yayo yo yafashwe akanatunganywa na Bob Chris wasimbuye umugande witwa Frank nawe watandukanye na Ladies Empire mu minsi ishize.

Ladies Empire ni kompanyi yakomotse kuri Empire Record mu byo ikora harimo no gukora indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho iherutse kumurikirwa itangazamakuru nyuma yo kuyivugurura, kuri ubu iyobowe na Oda Paccy .

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *