Umuhanzi Auddy Kelly Ku bufatanye na Ambassadors Park bateguye igitaramo kizahuriramo ibyamamare bituye muri Gikondo

Umuhanzi Munyengago Audace  uzwi cyane nka Auddy Kelly ni umwe mu basore bari mu Rwanda bafite impano yo kuririmba  cyane indirimbo z’urukundo  ndetse niza gakondo , Nyuma yo gusoza amasomo ye y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza uyu musore yateguye igitaramo azahurizamo abakunzi b’ibyamamare  bikomeye bituye muri Gikondo  ku bufatanye na Ambassadors Park .

Mu kiganiro na Auddy Kelly yadutangarije ko  yagize icyo gitekerezo nyuma yo gusanga muri iki gihe cy’iminsi mikuru ibyamamare biba  bihugiye mu gukora cyane ntibibone  umwanya wo gusabana n’abafana babyo akaba ariyo mpamvu yahurije hamwe ibyamamare muri Sinema, Umupira  w’amaguru ndetse  no muri Muzika kugira ngo bizifurizanye umwaka mwiza hagati yabyo ndetse   binasangire  n’abafana  iteka bahora bifuza kubibona  imbona nkubone .

Yakomeje atubwira ko mu byamamare bizitabira  icyo gitaramo bise Sozanya Umwana n’abastar bawe b’I gikondo hazaba harimo Usengimana Faustin ,Manzi Thierry ,Muhire Kevin, Gaby Kamanzi , Yvan Buravan, Alyn Sano ,Victor Rukotana,Mc Tino ,Gabiro Guitar,Mozey, Producer Papito ,Da Pink  abanyamakuru nka Iras Jalas   nabandi benshi atabashije kutubwira amazina yabo bagiye batumira .

Tumubajije udushya bateganya kuzakorera  abazitabira  yadusubije ko  icyo gitaramo gifite umwihariko kuko kizatangira kare cyane kw’isaha ya Saa Cyenda aho ibyamamare bizatambuka ku tapi itukura  bifata amafoto  , nyuma habeho kwibwirana  bikurikirwe no  kwerekana ibyo byamamare aho  bazabsha kujya baganira bitewe n’akazi buri wese akora  . ibyo bisojwe hakakurikiraho umusangiro  aho abantu bazinywera bakanaryoherwa n’amafurnguro meza yo muri Ambassadors Park   bigasozwa no kwifotozanya n’abafana babo  , abazabikenera bo bazakomereza ibirori bitegura  umwaka musha mu Kabyiniro ka AP club .

Biteganyijwe ko icyo gitaramo kizaba ku cyumweru tariki ya 30 Ukuboza 2018 muri Ambassadors Park  guhera I Saa Cyenda aho kwinjira bizaba ari amafaranga  2000  ku muntu  ni 5000 mu myanya y’icyubahiro .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *