Umuhanzi Tizzo wo muri Active arasaba ubutabera kubishyuriza abateguye Salax Award 2019.

Mur iyi minsi mu  binyamakuru byo mu Rwanda  ntibukira hatajemo inkuru y’abahanzi bishyuza ikigo cya Ahupa kiyoborwa na Ahmed  Pacifique hamwe na n’ikigo gicuruza amashusho cya Startime   bibabereyemo umwenda   ‘amafaranga bigomba kubahemba bikaba bimaze amezi atandatu  ntacyo bibabirwa

Muri Werurwe  nibwo abo bahanzi  bari bijejwe na  Ahupa  ko  umuhanzi wese uzegukana  igihembo cya Miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda kuri buri gikombe bari kuba begukanye.

Bidatinze  abahanzi  babwiye  yuko  ibahembo byagabanutse ko bari buhabwe  ibihumbi 700, Ubuyobozi butegura iri rushanwa bwavuze  ko impamvu yagabanutse aruko hari ibyiciro bishya byongewemo bitari byarateganyijwe bityo bigabanya amafaranga umuhanzi yakabaye ahabwa.

Sibyo gusa kuko aba bahanzi baje no kubwirwa ko mu mafaranga bemerewe guhabwa bari no kuvanwaho ay’imisoro yagombaga kwishyurwa ‘Rwanda Revenue Authority’ bityo akamanuka kugeza bahembwe ibihumbi 595 y’U Rwanda.

Ibyo yaje gukome gutyo  kugeza none ho aho abahanzi bageze aho bisabira ubutabera kubishyuriza ibyo bigo byombi kuko babona byaba ari ugutesha agaciro umuhanzi nyarwanda .

Kuri iyi nshuro  umwe mu bahanzi badakunze kugaragara mw’itangazamakuru Tizzo Prem wo mw’itsinda rya Active  abiyujije ku rubuga rwe rwa Instagram yanditseho igitekerezo cy’uko abona icyo kibazo cyakemuka .

Mu magambo y’icyongereza yagize ati  In my opinion we need Justice in the Entertainment business in Rwanda, How can we explain this?? @rwandastartimes through Ahmed Pacifique’s Ahupa agreed to pay a cheque to each Rwandan artist who won #salaxawards 2019 up to now they haven’t paid us the Money, they just gave us the symbol of the cheque in public and it just ended there?
How does this happen in a country that is known for Justice and #transparency like Rwanda??? Remember the cheque symbol was given in Public in the name of @Startimes with its #official #logo!! Where is #justice in that case? We need institutions like @minispoc @rwandanationalpolice #rib #rura etc.. to play a role into this. If Justice in is designed for all #Rwandans including Us artists. ‪

Ugenekereje mu Kinyarwanda ati “ ati uko mbibona  ku giti cyane  dukeneye ubutabera mu bushabitsi bw’imyadagaduro mu rwanda , ni gute  ushobora kunsobanurira ko ikigo nka Startimes kibiyujije mu kigo cya ahupa kiyoborwa na Ahmed Pacifique bemeye koko bazaba  buri muhanzi watsinze sheik watsindiye igihembo muri Salax Award 2019  kugeza ubu ntibaratwishyura amafaranga kandi baraduhaye ikimenyesto cya sheik mu maso y’abantu  byarangira bigaherera aho .

Yakome ahira ati  “ ni gute ibi biba mu gihugu cyizwiho kugira  ubutabera no gukorera mu muco nk’u Rwanda , mwibuke ko izo check  mwaziduhereye mu maso y’abantu  mw’izina rya Startime hariho n’ibirango by’icyo kigo , ubu ubutabera burihe muri iki kibazo , dukeneye inzego za Leta nka minisiteri y’umuco na siporo,Polisi y’igihugu,RIB, RURA n’ibindi bigo  kudufaha  muri iki kibazo  niba ko ubutabera ari ubwa banyarwanda bose harimo natwe abahanzi.

Ibi bije nyuma y’uko  ubu butumwa mu gitondo cy’uyu munsi umuhanzi Mani martin nawe yari yayinyujije  ku rukuta rwe rwa Instagram aho nawe  na bagenzi be mu bitekerezo bamuhaye  bakomeje kugaragaza akarengane bari kugirirwa nibyo bigo byombi .

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *