Umuhanzikazi Lyn watangiriye ku ndirimbo z’icyunamo azanye ingufu zo guhindura byinshi mu bakobwa

Umuhanzikazi Uwajeneza  Carine ukoresha Lyn muri muzika ni umukobwa uri kuzamukana ingufu nyinshi nyuma yaho ashyiriye hanze Indirimbo ntuzansige  kuri ubu arashimangira ko agiye gukora impinduka  muri muziki y’abakobwa  bagenzi be.

Mu kiganiro n’umunyamakuru wacu yamutangarije ko yatangiye muzika ye mu mwaka 2018 akaba afite indirimbo  ebyiri harimo iyo yise  Humura yakoze ubwo abanyarwanda bari mu gihe cyo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside yo muri 1994  ariko nyuma  yaho mu ntangiriro z’uku kwezi  kwa 8 yashyize amashusho n’amajwi  by’indi ndirimbo yise Ntuzansige  ari nayo ubu ari kugenda yamamaza ku maradiyo atadukanye ndetse  no kuri Televiziyo .

Lyn  nubwo ari gukora uko ashoboye ngo agaragaz e impano ye  yakomeje atubwira ko muziki nyarwanda nubwo iri gutera imbere hakirimo imbogamizi nyinshi ku bahanzi bakizamuka  byagera ku bakobwa bikaba ikibazo  gikomeye  kuko bahura n’ibibazo byinshi cyane  iyo bagiye gukora indirimbo .

Tumubajije niba  hari imbogamizi  ikomeye cyane  yari yahura  nayo kuva  yatangira  muzika  yadutangarije ko iya mbere ari ukubura umujyanama  ndetse na Poromosiyo  kuko usanga akenshi kumeneyana na banyamakuru biba bigoranye  kuko ari benshi cyane  akenshi  ugasanga  ujyana indirimbo kuri Radio  bakayikina rimwe gusa wahava  ntiwongere kuyumva nicyo kintu kiri kumuvuna cyane .

Ku bijyanye nuko kenshi bivugwa ko abakobwa bakunda gusabwa  ruswa y’igitsina yavuze ko bitaramubaho gusa asaba  nuwaba afite imico nkiyo muri muzika  yabyivanamo kuko ntago byatuma muzika nyarwanda igaragara neza .

Uyu mukobwa  twamubajije bamwe mu bahanzi akunda mu Rwanda yaba  yaragendeyeho  afata  gahunda yo kwinjira  muri muzika  yirinda kuvuga byinshi  ariko yemeza ko mu Rwanda hari abahanzi benshi ba bahanga yakwifuza gukorana nabo kuko abona bamufasha gutera Imbere byihuse .

Mu gusoza  yarangije atubwira ko mu nzozi afite  aruko yazakorana Indirimbo na Meddy nubwo aba muri amerika kandi afite icyizere cyinshi ko inzozi se azazigeraho kuko aziko Meddy atakwanga guteza Impano y’umwana w’umunyarwanda  imbere

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *