Umuhanzikazi Lyn yakomoje ku ndirimbo ye nshya yise D’amour

Mu  ntangiriro z’umwaka wa  2018 nibwo muzika nyarwanda yungutse umuhanzikazi  Uwajeneza Carine  wamenyekanye  kw’izina rya Lyn  aho yinjiranye indirimbo  Humura  na Ntuzansige kuri ubu agarukanye indirimbo nshya Yise D’amour .

Mu Kiganiro n’umunyamakuru wa Kigalihit  na Lyn  bagiranye ku ndirimbo ze zose anafata umwanya wo kugira icyo avuga ku ndirimbo ye Nshya y’urukundo yise D’amour .

Lyn yagize ati “ Kugeza ubu ndishimira uko indirimbo zanjye ziri kwakirwa n’abakunzi  ba Muzika  nyarwanda kuva ku ndirimbo yanjye ya mbere nakoze mu gihe abanyarwanda baba bibuka inzirakarengane  z’Abatutsi zazize Jenoside  yo muri 1994.

Yakomeje atubwira ko nyuma ya Humura yashyize indi yise Ntuzansige aho yashyiranye hanze n’amashusho yayo ibintu  we yakiriye nk’intambwe ikomeye  nubwo  yasanze ari ibintu bivuna  cyane gusa akaba  we ashaka gukora cyane  kugira ngo impano ye ikomeze itere imbere .

Tugarutse inyuma ku ndirimbo ye nshya  yise D’Amour  yatubwiye byinshi kuri iyi ndirimbo nubwo hari ibyo yabajijwe agasa nkugira  ibanga ariko  kubera ko ari inkuru y’urukundo, yatwemereye kuyitubwiraho  neza  ndetse n’impamvu yayikoze .

Yagize ati Indirimbo D’Amour  nayikoreye  abakundana , nkaba naratanzemo ubutumwa   bw’urukundo aho ngira nti “I ‘ll Always  be Your  Lover ,I will Stick with You until the end of  Time ,Akomeza agira ati iyo turi kumwe mpora nezerewe  ayo akaba ari amagambo yuje urukundo  nifashishije mu  rwego rwo gukomeza  gushishikariza abakunda iteka guhora hafi y’abakunzi babo .

Tumubajije niba iyi ndirimbo  D’Amour Atari Inkuru  ifite aho ihuriye n’ubuzima bwe busanzwe yavuze ko ataribyo kandi ko we igihe nikigera  azadutangariza  umukunzi we .

Lyn Mu gusoza yasabye abakunzi ba Muzika ye ko abifuza kumukurikira ku mbuga nkorayambaga ze bakoresha amazina akurikira kuri instagram :
uwa_carine naho Youtube ni
uwajeneza lyne

Indirimbo D’Amour  ya Lyn Yakozwe  n’umugabo umaze kubaka izina  mu gukora muzika  ya hano mu Rwanda  Bob  Pro naho amashusho yatubwiye ko ubu mu Rwannda hasigaye hari abakora amashusho  benshi akaba ari kureba neza uwazamukurerora ibintu bizakundwa na benshi kandi byageza muzika  ye ku mateleviziyo   mpuzamahanga   

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *