Umunyabugeni Kwitonda Olivier yateguye imurikabikorwa ry’ibihangano bye (Amafoto)

(Umunyabugeni Kwitonda  Olivier   ni umunyabugeni w’umunyarwanda watangiye aka kazi mu mwaka wa 2010  nyuma yo gusoza amasomo ye aho yize ibijyanye n’indimi n’ubuvanganzo ariko akaba ataribyo  yakomeje kuko yaje kwisangamo impano  yo gushushanya akoresheje irangi akiri umwana  muto.Kuri ubu uyu musore yateguye imurikabikorwa  ry ‘ibihangano  bye  hano mu mugi wa Kigali .

Uyu musore iyo muhuye ubona ko  akiri muto ariko we ahamya ko kugeza ubu yishimira aho Impano ye yo gushushanya  iri kugenda itera imbere kuko ikomeje kumuteza imbere .

Ubwo kigalihit yamusurag aho ari kumurikira ibihangano bye uyu musore yadutangarije  byinshi ku buzima bwe n’umunyamwuga ,

Yagize ati  “ Nyuma yo gusoza amasomo yanjye  natangiye gushushanya meze nkuwikinira ariko aza gusanga ako kazi ari akazi urubyiruko nyarwanda rushobora kubyaza Umusaruro kuko kugeza ubu mu buzima busanzwe  nditunze kandi mbasha no gukemura ibibazo  byinshi ari mu muryango wanjye ndetse no mu nshuti duhuje akazi.

Tumubajije Impamvu yateguye iri murikabikorwa ry’ibihangano bye  yadusubije ko yifuje kugira ngo amenyekanishe bimwe mu bigize umuco wa Kinyarwanda aho ashushanya ibintu  byinshi biganisha ku muco nyarwanda kandi akaba abona ko ari ibintu buri wese ufite impano yo gushushanya yabyaza umusaruro .

Ikindi yatubiwye nuko iri murikabikorwa rye Atari irya mbere akoze gusa yatubwiye ko uyu mwaka yihaye intego ifite insanganyamatsiko igira  iti: “Beauty and Strength in Pain” ugenekereje mu Kinyarwanda  yashatse kwerekana ko imbaraga n’ubwiza mu gihe cy’akababaro bikora .

Yakomeje atubwira ko yashatse kwerekana ko  u  Rwanda n’abanyarwanda   hari imbaraga   n’icyizere bakoresheje  nyuma y’imyaka makumyabiri n’itanu  ishize  Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 ibaye .

Mu gusoza twamubajije Imbogamizi amaze guhura nazo nyuma y’imyaka icyenda atangiye ako kazi ndetse nuko abona ubugeni mu Rwanda buhagaze yatubwiye  ko kugeza ubu imbogamizi ku bihangano byabo aruko abanyarwanda batitabira kugura ibikorerwa mu Rwanda   cyane cyane ibihangano bikozwe mw’irangi kuko abenshi iteka bavuga ko ari ibyagenewe abatazi umuco w’abanyafurika kandi ko biba birenze ubushobozi bwabo .

Ku rundi ruhande  we yishimira  ko ubugeni mu Rwanda  bugenda butera imbere kuko abanyabugeni bamaze kuba benshi kandi ibikorwa byabo  bikaba  bigenda bimenyekana biciye mu mu mamurikagurisha  atandukanye abera Mu Rwanda.

Tubibutse yuko iri murikabikorwa rya Kwitonda Olivie  yise “Beauty and strength in pain “ riri kubera mu mugi wa Kigali Mu Kiyovu ahazwi nka Urban by City Blue aho ritangira kw’isaha ya Saa kumi n’ebyiri kugeza I saa Tanu z’Ijoro kwinjira bikaba kwinjira ari Ubuntu buri wese ukunda ubugeni kaba yemerewe kuza akihera ijisho ndetse akaba yanagura Igihangano cyamunyuze  kugeza kw’Itariki ya 29 Mata 2019.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *