Umunyamideli Mimi Mirage yemereye Mwiseneza kuzamuha Impano y’Imodoka niyegukana Ikamba rya Nyampinga w’U Rwanda

Mu gihe hasigaye amasaha make  abakobwa  bahatana mw’irushanwa rya Nyampinga w’U Rwanda  2019 bagakurwamo abazajya mu mwiherero .Umukobwa  umaze kwigarurira imitima ya benshi hano mu Rwanda Mwiseneza Josiane akomeje kugenda  abona amasezerano akomeye y’impano azabona  naramuka yegukanye ikamba rya Nyampinga w’U Rwanda .

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 4 Mutarama 2019  umunyamideli Mimi Mirage umaze kumenyekana cyane hano  ndetse no mu ku mugabane w’uburayi yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru wa Kigalihit amutangariza  bimwe mubyo atekereza kw’irushanwa rya Nyampinga w’U Rwanda 2019.

Mimi Mirage yagize ati : sinigeze nkurikiranira hafi uko irushanwa ryatangiye kubera ndi ku mugabane w’uburayi aho ndi kwitegura kuza mu Rwanda ariko hari umukobwa  nakunze cyane kubera ukuntu yitwaye  mu minsi ya mbere no kubera ukuntu yihaye akanyabugabo akaza guhanga n’abakobwa benshi bita ko bamurusha  ubwiza  benshi bo mu miryango ifite amafaranga ariko bikanga akarusha benshi  kuri ubu nubwo ntahari ni umwe mu bakobwa nshigikiye cyane  nifuza ko yazahagararira u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga .

Yakomeje avuga ko nyuma yo kumumenya ayagiye ku mbuga nkoranyambaga akareba neza uwo Mwiseneza Josiane maze agasanga ari umukobwa wujuje  ibyo nyampinga w’U Rwanda asabwa  aribyo ,Umuco, Ubwenge ndetse n’ubwiza  nubwo we iyo asomye  abona benshi bavuga ko ntabwiza afite  niho yahereye abaza abanyarwanda ubwiza icyo aricyo ?  yagize ati nubu sindibaza impamvu bavuga ko ataryegukana  kuko hari benshi bari munsi ye b’ibyamamare mu mideri gusa  we  abona ababivuga bagifite imyumvire yo  hasi akaba ariyo mpamvu  yiyemeje  kuzamugenera Impano y’imodoka naramuka yegukanye ikamba rya Nyampinga w’U Rwanda 2019.

Tumubajije  niba aramutse adatwaye iri rushanwa yayimuha nkuko yabyemeye yadusubije ko  yakomeza akamufasha mubyo azakenera mu mishanga ye .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *