Umuraperi Bad azzi yitabye Imana aguye muri Gereza

Umuraperi  Jordan Antonio wamenyekanye nka  Bad Azz  ni umwe mu baraperi b’inshuti za Snoop Dogg yitabye imana ku myaka  43  azize  uburozi rugo.

Nkuko ibitangazamakuru byinshi byo  muri Amerika bikomeje  gutangaza ko kugeza  ubu  ubu ntawuramenya neza uko  yapfuye mu gihe  yari  muro gereza  ya Southwest Detention Center de Riverside  muri Californie  

Umunyabigwi  mu njyana ya Rap akaba yari n’umwe mu nshuti ze magara  Snoop Dogg  yifurije  iruhuko ridashira  Bad Azz abinyujije ku mbuga nkoranyamabaga ze ,ni mugihe   uyu nyakwigendera yari umwe mubagize ikipe  ya  Snoop  dogg izwi   LBC (Long Beach City) ndetse akaba yari afitanye amasezerano.

Mu rwego  rwo gukomeza kumwifuriza irihuko ridashira Snoop Dogg yashyizeho ifoto ari kumwe n’inshutio ye ya kera maze  agira ati “ ugiye hakiri kare ,undi  muraperi  Biz Marikie   nawe yagize ati uruhuke mu mahoro 

Bad azz  yasohoye alubumu ye  ya mbere ku giti cye  yise World on tha Streets   mu mwaka wa 1998 nyuma yahoo yagiye akorana na bandi baraperi Tupac Shakur, Ice Cube, Busta Rhymes na Warren G.

Uyu muraperi Bad Azz yitabye Imana mu gihe yagombaga  kugezwa imbere y’urukiko  muri iki cyumweru  ngo asomerwe ibyaha yaregwaga .

Inkuru yanditswe na Mpano Nadia

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *