Umuyobozi wa Amazing Grace Radio yatawe muri yombi na RIB

Mu gitondo   wo kuri uyu wa mbere  nibwo  i Remera  hafi ya stade   nibwo Umuyobozi wa Radio Amazing  Grace  Pasteri Greeg Schoof  yagombaga  kugirana ikiganiro n’itangazamakuru ariko  yaje gutabwa muri yombi na RIB icyo kiganiro kitaratangira .

Uyu mukozi w’imana  umaze igihe kinini   aburana na Leta  y’U Rwanda  ayishinja kuba  yaramufungiye  Radio ye Amazing izira  kuba yaratambukije ikiganiro  cy’ivugabutumwa cyafashwe na bamwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bwa abagore  nkikibibasira

Mu butumire Pastor Greeg yahaye abanyamakuru,yabateguje ko azababwira ku ifungwa rya Radio Amazing Grace, uko ibyo mu nkiko n’urubanza rwe byagenze, bakamubaza ibibazo ubundi akabasezeraho.

Mu gihe ikiganiro cye cyagombaga gutangira isa yine, ni nabwo yashyikirijwe na RIB urwandiko rumusaba kwitaba kuri iyo saha, akagira ibyo abazwa.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru yatanze vuba na bwangu ubwo yatabwaga muri yombi, riragaragaza ko yagabweho igitero n’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC, Urwego rw’igihugu rushinzwe imirimo Ngirakamaro RURA, akanavugamo ko ACP Tony Kulamba yamubujije gukandagiza ikirenge ahari umutungo we mu gihe cy’amezi atatu.

Ejo ku cyumweru tariki ya 06 Ukwakira 2019, nibwo Pastor Greeg Schoof yasezeye kubo basengera hamwe muri Baptist Corner Church ababwira ko agiye gukorera mu gihugu cya Uganda (Kisoro hafi y’u Rwanda) kuko ngo mu Rwanda hatamushobokeye, kandi atazibagirwa ko yaharenganiye.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *