Umuyobozi wa Godfather Mike Ogoke yagiranye ibiganiro n’abahanzi bo muri The Mane (Amafoto)

Mu ntangiriro z’iki cyumweru  nibwo umunyanaijeriya Mike Ogoke  washize inzu itunganya amashusho  hano  muri Afurika  izwi nka Godfather yageze  mu Rwanda aho yatangaje ko aje kureba uko yafatanya n’abahanzi Nyarwanda guteza umuziki nyarwanda  wabo imbere .

Kuri  uyu wa gatatu tariki ya  16 Ukwakira  uyu  mugabo Mike Ogoke benshi  bita Godfather  yasuye inzu ifasha abahanzi  ya  The Mane ibarizwamo abahanzi bakomeye hano mu gihugu Marina ,Safi Madiba , Queen Cha ,Jay Polly  ndetse n’umwna mushya  naherutse gusinyisha  Calvin Mbanda .

Ubwo  uyu Mugabo yageraga  aho   inzu ya The Mane Ikorera  yakiriwe na Gahunzire  Artistide umwe mu bayobozi bakuru ba The Mane Akaba yari ahagarariye  Umuyobozi Mukuru wayo  Mupende Ramadhan  uri  muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika .

Mu kiganiro  na Arstide amaze kudutangariza bimwe byigenzi  baganiriyeho n’uyu mugabo w’inararibonye  mu gutunganya amashusho ya bamwe mu byamamare bya hano  muri Afurika  haba iwabo muri Nigeria na bamwe mu bahanzi bakomeye bo muri Afurika y’iburasirazuba .

Yagize ati “ twaganiriye nawe  byinshi ku buryo twagirana imikoranire irambye  hagati ya The Mane  kugira babashe  gukomeza  kuzamura no guteza imbere  muziki nyarwanda  kuko ngo kuva yatangira kumenya umuziki nyarwanda yasanze Abahanzikazi bo mu Rwanda ari bamwe mu bafite abajwi akomeye kandi meza bitandukanye  na handi ngo yagiye anyura  muri Afurika .

Arstide yakomeje avuga  ko yabagiriye inama yuko bakomeza gukora  kinyamwuga nyuma yo kumva  imishinga imwe n’imwe twamuvishije  muri studio,ikindi ni uburyo abahanzi bagomba kumenya kwamamaza ibikorwa byabo harimo nko kumenya  uko umuhanzi akoresha  Social Media,Kumenya uko agomba kwiyitaho  cyane  kuko  iyo uri mu kazi iteka ugomba kugaragara neza mu bantu bituma abakugana baza ari benshi  kubera  uko aba abona  ibyawe byose ubiha agaciro.

Mu Gusoza yatubwiye ko Godfather  yabemereye ko nyuma yo kuva mu Rwanda azagenda yorohereza abahanzi bakorera mu Nzu ya The Mane  kuruta uko byagenda kuwundi muhanzi uwo ariwe wese bikaba rero byari ibiganiro by’igirakamaro  ku bahanzi bacu kandi tugiye gukoresha ingufu amahirwe yaduhaye  ntazapfe  ubusa .

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *