Weasel arashinjwa gukomeretsa Deejay LL amuziza gusuhuza umukunzi we Teta Sandra

Mu gitondo cyo kuri  uyu wa kane tariki ya  12 Ukuboza 2019 ahagana I saa  kumi z’igitondo   umusore ukora kazi ko kuvanga  Umuziki mu mugi wa Kampala yahuye  n’uruva gusenya ubwo yakomeretswaga  n’umuhanzi  Weasel wo muri  GoodLyfe amuziza ko asuhuje  umukunziwe se Teta  Sandra.

Deejay LL abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter ye yagize ati: “uyu munsi saa kumi za mu gitondo, naherekeje inshuti zanjye muri Casablanca, nyura kuri Teta Sandra niyemeza kumusuhuza, ndamubwira ngo HI, ako kanya Weasel wo muri Goodlife yahise anza inyuma arankubita akomeretsa izuru ryanjye.”

Uyu musore wakubiswe ingumi na Weasel kuri ubu avuga ko yaviriranye amaraso menshi mu mazuru ndetse yahise inerekeza mu bitaro byo muri iki gihugu byitwa ‘Nsambya Hospital’.

Nyuma y’igihe gito ageze muribyo bitaro, yongeye gutangaza ko ashimira abaganga bo muri ibi bitaro bya ‘Nsambya Hospital’ kuba bamubaye hafi izuru rye ryorohewe ariko rikiri kuribwa cyane ndetse rikiva amaraso.

Weasel  umaze igihe  ari mu rukundo n’uyu  mukobwa w’umunyarwandakazi  Teta  Sandra uzwiho  kuba  yarabaye igisonga cya Nyampinga wa SFB mu 2011, kuri ubu asigaye yibera mu gihugu cya Uganda ,aho abana n’inshuti ye mu nzu Weasel wo muri Goodlife.

Uyu  mukobwa  mu  ntangirriro  z’uyu  mwaka nibwo  yagarutsweho  cyane mu binyamkuru   bya Uganda ubwo byavugwaga ko Teta Sandra atwite inda ya Weasel nubwo uyu  mukobwa yaje  kugenda abitare utwatsi we n’umukunzi we  Weasel.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *