Young Grace yabatirishije umwana we mu dini gatolika mu gihe we asengera muri River of Joy and Hope Ministries (Amafoto)

Umuhanzikazi Abayizera  Marie  Grace  wamenyekanye nka  Young Grace  mu mperza z’icyumweru gishize  yabatirijwe mu idini gatolika  mu gihe abakunzi be  benshi baziko asengera mu idini rya River of Joy and Hope Ministries”.rya Sultan Eric.

Umuhango wo kubatirisha Amata Anca Ae’eedah Ai ‘Diamante wabereye muri Kiliziya nkuru  ya Rubavu  ahasanzwe ari kw’ivuko rya  Young Grace , Umuhango witabiriwe na bamwe  mu nshuti ze za hafi ndetse n’ababyeyi be barimo Mama we ukund akumuha hafi  mu bikorwa bye  bya buri munsi.

Nyuma yo  kubatirisha  umukobwa we  Young Grace  yashyize ubutumwa ku mbuga ze nkoranyambaga aho yagize “Twabatijwe!!!!… Twavutse bwa kabiri mw’izina ry’Imana Data na Mwana Na Roho Mutagatifu Amen @diamante_amata nzagutoza inzira ya Gikristu mfura yanjye nkunda”.

Mu kiganiro  amaze kuduha mu kanya kashize  uyu muraperikazi   yagize ati  nahisemo kubatirisha umwana wanjye muri Kiliziya Gatolika kuko nanjye mvuka mu muryango  wa abagatolika kandi  nanye ubwanjye   amasakaramentu yose  yo muri gatolika niho  nayaherewe rero ndifuza ko umwana wanjye yazakura  gikristu  nka bandi bose  bo mu muryango wanjye .

Tubibutse ko uyu mubyeyi mu mwaka wa 2012 yaje kwinjira  mu idini ya kisilamu kubera zimwe mu nshuti ariko bidatinze gato mu mwaka 2016 nabwo yaje  kurivamo ajya gusengera mu idini rya River of Joy and Hope Ministries”.rya Sultan Eric. Akaba yari anaherutse kujya gushimira Imana ayitura  umukobwa we .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *