Zari The Boss Lady ngo yiteguye kuzabyara abana benshi atewe Intanga

Umunyamideri akaba n’umushabitsikazi Zari Hassan ukunze  kwiyita  The Boss Lady kubera imitungo myinshi atunze ni umwe mu bagore  bakundanye n’abagabo benshi kandi ba baherwe nka Yvan Ssemwanga ndetse na Diamond Platnumz abo bose uyu mugore  akaba yarababyayeyo abana batanu , kuri ubu  uyu mugore yongeye gutangaza ko kubera yubaha umuco gakondo w’abasekuru yiteguye kuzaterwa Intanga ariko akabyara bana ayifuza

Uyu mubyeyi w’abana batanu harimo abahungu batatu bakuru yabyaranye na Yvan Ssemwanga  na babiri yabyaranye na Diamond Platnumz  mu minsi ishize byaravuzwe cyane ko agiye  gukora  ubukwe n’umukunzi we  mushya umusore w’umuherwe muri afurika y’epfo ariko  kugeza ubu abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga bategereje ubukwe bwe barahebye nubwo aherutse kwambikwa impeta n’umukunzi we King Bae .

Zari umaze iminsi mu gihugu cya Tanzaniya mu bikorwa bye b’ubucuruzi mu kiganiro yagirana nimwe muri Televiziyo zo muri icyo gihugu bamubajije ku bijyanye niba atabona abana batanu  kuri we abona atari ikibazo maze mu magambo ye  agira ati “ njye  mfite Ubuzima bwiza   nta kintu mbuze  rero kuri njye mbona nsigaje abana batanu imbere kugira ngire abana icumi .

Yakomeje agira ati “ mfite umukunzi mushya  twiteguye  kubyarana abo bana batanu  bakazaza basanga abandi mfite ,ikindi  nuko niyo ntatwita Inda y’umukunzi wanjye  niteguye kuzakoresha umuco gakondo w’abasekuru bacu nkaterwa Intanga

Abajijwe  impamvu yifuza kubyara abana icumi  yagize ati  “Urabizi ababyeyi ba kera bagiraga abana benshi.Ndacyakomeye ku migenzo gakondo.Ndashaka abana 10 kugira ngo ngire umuryango mugari.Abana icumi ntabwo ari benshi.”

Yungamo ati “Ni umugisha,abagore benshi bashaka abana bakababura mu gihe twe Imana yaduhaye kubyara benshi nk’inkoko,Kuki tutababyara?”.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *