Ibirori bya  RIMBA Fashion Show bigiye kuba ku nshuri yabyo ya kabiri

20 0

Mu gihe  uruganda  rw’ibijyanye n’imideli rukomeje kwaguka cyane mu Rwada Unity  Model Management ku  bufatanye na Ozone Entertainment   na  Safashion  bongey gutegura ibirori bya Rimba Fashion Show  ku nshuro ya kabiri .

Nkuko twabitangarijwe ‘abari  kubitegura  ibi birori bizahuriramo abanyamideli  bazwi cyane hano mu Rwanda biteganyijwe ko bizabera  muri  Area 51 ku Kicukiro kuri uyu wa gatandatu  tariki ya 12 Nzeri 2026

Iki gikorwa kije mu gihe uruganda rw’imideli mu Rwanda rukomeje kwaguka no kwerekeza ku rwego mpuzamahanga. Mu myaka ishize, ibirori by’imideli byagiye bihuza designers, models, creatives n’abakora mu myidagaduro, bigafasha kugaragaza impano nyinshi z’Abanyarwanda no kuzihuza n’amahirwe yabyara umusaruro.

Ku nshuro ya kabiri, RIMBA Fashion Show igamije kuba ibirori birenze runway isanzwe, ahubwo ikaba urubuga ruhuza imideli, umuco n’ubuhanzi bwa Afurika n’icyerekezo mpuzamahanga. Hazagaragazwa abanyamideli n’abakora imyambaro, mu rwego rwo kwerekana ubuhanga n’ubushobozi biri mu ruganda rw’imideli mu Rwanda.

Iki gikorwa kandi gifite intego yo gufasha fashion ikorerwa mu Rwanda kugera ku rwego mpuzamahanga, no guteza imbere impano z’Abanyarwanda kugira ngo zidahagararira ku isoko ry’imbere mu gihugu gusa, ahubwo zibashe no guhangana ku rwego mpuzamahanga.

Muri iri joro kandi hazatangwa ibihembo ku bantu n’abakora mu ruganda rw’imideli bitwaye neza kurusha abandi mu mwaka wa 2025. Ibi bihembo bizaba bigamije gushimira no kumenyekanisha ibikorwa by’indashyikirwa by’abanyamideli, designers n’abandi bagize uruhare mu guteza imbere uruganda rw’imideli mu Rwanda.

Red Carpet izatangira saa 5:00 PM, naho igitaramo nyirizina gitangire saa 6:00 PM muri Area 51, Kicukiro.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *