Zelensky arashaka ibiganiro bidapfa bidapfusha bye na Putin
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yiteguye guhura na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ariko ashimangira ko ibiganiro byabo bigomba kugira icyo bigeraho aho kurangirira mu magambo gusa.
Zelensky yavuze ko yiteguye guhura na Putin mu Nama ya G20 iteganyijwe kubera i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Ukuboza 2026, mu gihe bombi baba batumiwe.
