Aimée Beauté Mushashi yatomoye umugabo we

71 0

Umunyamakuru wa RBA, Aimée Beauté Mushashi yifurije isabukuru nziza y’amavuko umugabo we, Nyamaswa Francis amubwira amagambo meza aryoheye amatwi.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagize ati “Isabukuru nziza y’amavuko rukundo rwange! Uri umwe mu migisha y’Imana mu buzima bwange.

“Ndasenga ngo igukikize urukundo rwayo, iguhe ubuzima bwiza, umutima wawe iwusendereze amahoro n’ibyishimo kandi ikuyobore ku ntego nziza n’intsinzi.

“Ubuntu bwayo buguhoreho, kandi dukomeza gukurira hamwe mu buntu bwayo. Ndagukunda uyu munsi n’igihe cyose.”

Aba bombi barushinze tariki 14 Werurwe 2026, biyemeza kubana akaramata nk’umugabo n’umugore.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *