U Rwanda rwatsinze  RDC amaseti 3- 1 mu gikombe cya Afurika muri Volley Ball

4 0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yitwaye neza mu mukino wa kabiri wo mu itsinda mu Gikombe cya Afurika, itsinda Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) amaseti 3-1.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nzeri 2026 nibwo u Rwanda na RDC zatanye mu mitwe mu nzu y’imikino ya El Menzah i Tunis muri Tunisia.

Umukino watangiye u Rwanda rwitwara neza rutwara iseti ya mbere ku manota 25-22, mbere y’uko na RDC igaruka mu mukino igatwara iseti ya kabiri ku manota 25-21.

Ikipe y’u Rwanda y’umutoza Frédéric Guérin yitwaye neza itwara iseti ya gatatu ku manota 25-21 ndetse n’iya kane ku manota 25-20, bituma umukino urangira ari amaseti 3-1.

N’ubwo u Rwanda rwatsinze ariko rwagowe bikomeye n’ubwugarizi (Réceptions na Block) byatumaga umutoza ahindagura abakinnyi ashaka igisubizo.

Kapiteni Dusenge Wicklif yafashije cyane u Rwanda kubona intsinzi akora amanota 27 harimo amanota 22 yo kwataka.

Kuri uyu wa Kane tariki 17 Nzeri 2026 nibwo u Rwanda rusoza imikino y’amatsinda rukina na Cameroon saa yine z’ijoro ku isaha y’i Kigali.

Ikipe izaba iya mbere muri iri tsinda izahita ijya muri 1/8 naho izindi zizaca mu mikino ya kamarampaka.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *