Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (CDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko ikintu rukumbi atinya ari ukuba habaho intambara hagati ya Uganda n’u Rwanda, kuko kimwe muri ibyo bihugu cyamira ikindi bunguri.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, Gen. Muhoozi yavuze ko nta kindi kintu yigeze atinya uretse intambara yashyamiranisha u Rwanda na Uganda
Ati “Nta kintu na kimwe nigeze ntinya mu buzima bwanjye. Ikintu kimwe gusa nahoze ntinya ni intambara hagati ya Uganda n’u Rwanda. Nari nzi ko intambara nk’iyo yaba ari mbi cyane! Uko byagenda kose, Uganda yamira bunguri u Rwanda cyangwa u Rwanda rukamira bunguri Uganda.”
Aya magambo aje mu gihe u Rwanda na Uganda zimaze igihe zongera kubaka umubano nyuma y’imyaka y’ubwumvikane buke bwagize ingaruka ku mubano w’ibihugu byombi.
