Ni nyuma yo kugirana amasezerano kuri Uyu wa 08 Mutarama 2026 n’akarere ka huye , aho umuhanzi RUMAGA WA NSEKANABO uzwi nka Junior RUMAGA wari uhagarariye company ya SIGA Rwanda yashyize umukono ku masezerano n’Akarere ka Huye Kari gahagarariwe n’Umuyobozi wako SEBUTEGE Ange , nuko bemeranya ko umusizi wa KIRURI ugiye kujya mu biganza by’ikigo cya RUMAGA kugira ngo urusheho kubyazwa umusaruro
Ni Ibintu Ubundi bisa naho RUMAGA yatangiye na mbere kuko yatangiye kujya aha hantu mu mwaka w’2016 yitabiriye ibirori bisanzwe bihategurirwa by’Umunsi mpuzamahanga w’Ubuhanzi mu Rwanda ndetse mumyaka 3 ishize bikaba byahaberaga byateguwe na KOMPANY abereye umuyobozi ariyo SIGA Rwanda
RUMAGA tuganira yavuze ko, guhabwa Uyu musozi nk’Umuhanzi ari amahirwe kuko ubu noneho ibisumba ubuhanzi ariko bibwubakiyeho ashoboye abonye ahantu heza ho kubishyirira mubikorwa.
Amakuru dukura mu Nshuti za hafi za RUMAGA avuga ko, uretse iserukiramuco ngaruka mwaka RUMAGA binyuze muri Kompanyi ye ari gutegura ndetse ngo rizajya riba kuri uwo munsi w’Ubuhanzi uba mu kwezi kwa 3 ku itariki 21 ngo RUMAGA agiye gutangira umushinga wo kubaka Inzu ndangamurage y’Ubuhanzi kuri uwo musozi
KIRURI ni umusozi ufite Amateka akomeye mu Rwanda, Ukaba umusizi uberereye akazwi nka Karama mu karere ka Huye, ikiwugira umusozi w’Amateka, ni uko ari umusozi , ubuyobozi bw’URwanda ( Ku ngoma ya cyami) bwigeze guha abahanzi nko kubashimira ubuhanzi bwabo
Uti byagenze bite: Mu kinyejana cya 18 ku ngoma y’Umwami Yuhi Mazimpaka , Umuhanzi w’Umusizi Nzabinariba yahimbye igihangano acyita Inka zigira ishorera, aha yasaga nubwira ubuyobozi bwariho (Umwami) ko akeneye (Abahanzi bakeneye nabo) gutunga cg kugabana ibwami Kandi abizi ko ntawe ugabana inka imwe ibwami Ahubwo bamuha n’Izindi iyo agabanye ishorera, nuko muri icyo gihangano anongeramo ati umpe igikingi kigera ku iriba , Aha rero niho ubuyobozi bwariho muri icyo gihe bwahaye Abahanzi uwo musozi wa KIRURI ndetse koko bawubahana n’Ibikingi bigera hasi kumariba y’Inka zabo ndetse baranabagabira, kuva ubwo uwo musozi uturaho Abahanzi bakomeye mu gihugu
Nyuma yo gusinya amasezerano RUMAGA wari waherekejwe n’Inshuti ze z’Akadasohoka zirimo Umuhanzi MUNEZA Christopher Basuye ndetse batemberezwa uwo musozi wa KIRURI bari bamaze kugabana.
RUMAGA yatubwiye Kandi ko umusozi wa KIRURI, uretse Amateka ubitse, ari umusozi mwiza ubereye ubukerarugendo kimwe mubyo agiye gushyiramo imbaraga ati: Ndifuza gutanga umusanzu wange nk’Umuhanzi ndetse n’Umunyamuco mu kongera ibyo igihugu cyinjiza binyuze n’Ubuhanzi ndetse no mu bukerarugendo bushingiye ku muco, kuko guhabwa uyu musozi n’Igihugu we abifata nko kongera guha amahirwe Abahanzi ngo twerekane icyo imana yaduhaye Impano yo kurema ibishya no kuvumburira kubihari ati: KIRURI ni umusozi mwiza ngiye ubu gufatanya n’Abanyarwanda cyane cyane Abaturage ba Huye mu kuwumenyekanisha, cyane ko kuri we ari umwe muri ya misozi igihumbi u Rwanda
Ati: KIRURI ni umusozi ufite imyihariko myinshi gusa mvuze 3 muri yo ni uko, ni Umusozi ugeraho ukumva Roho nzima igutashyemo ,ni umusozi ubereye ijisho n’Amafoto kuko ukoze mu ishusho y’Imitwa ( Kubera imisozi iwuzengurutse KIRURI isa n’Akabindi Kari hagati y’utundi tubindi tukazengurutse Ibintu bibereye ijisho) icya gatatu, ni ahantu hitaruyeho umujyi gusa kandi hatari kure yawo kuko hari ibikorwa remezo byose ahantu himiturire hakenera ndetse horoshye kuhagera mu buryo bwose wakoresha,
Mu urwenya rwinshi RUMAGA YAGIZE i: Ahubwo mfite impungenge ko abadusura nkuko tubasaba kuza, ababo bagiye kujya bababaza bati ko mwatinze mpaka nabo biyiziye kureba icyahabereye
RUMAGA kandi yatubwiye ko , ibi bitagiye kugira icyo bihungabanya k’Ubuhanzi bwe Ahubwo bigiye kubwagura, kuko agiye kurushaho kubona inganzo yagutse kandi noneho ivomye ku nkuru ibyo we yise ngo Inganzo ityazwa ku yindi none Abahanzi babonye abasokuruza bagiye kujya batyazaho izabo ati:
Ubundi Amateka y’uyu musozi urebye ni ayo, KIRURI ni umusozi ugira ibice bitatu birimo agasongero Kawo kazwi nko Murugishiro, aha hakaba ari ahantu hazwi nko kuntebe y’Abahanzi kuko ngo mu mateka, umuhanzi yavaga iwe mu gitondo agiye kurira uwo musozi, akazamuka ari ntawe avugishije akagenda yagera aho murugishiro agahimba maze yarangiza guhimba akamanukana ibyo yahimbye akabitangaza, yaba atabirangije, akamanuka agasubira murugo ntagire umuntu avugisha , nuko ejo kare kare nanone agasubira yo mpaka aharemeye ibyo yifuzaga nuko akabona akabitangaza.




