Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Levixone, yatangaje ku mugaragaro ko ateganya gukora igitaramo gikomeye mu mpera z’uyu mwaka.
Iki gitaramo cyiswe “A One Tym Experience”, kikazaba ku wa 8 Ugushyingo, kikabera muri Kampala Serena Hotel muri Kampala, muri Uganda.
Iki gitaramo kizaba ari icya 11 mu mateka y’uyu muhanzi, kikaba ari intambwe igaragaza uko amaze gutera imbere kuva ku gitaramo cye cya mbere yakoze mu 2012.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Levixone yagarutse ku rugendo rwe mu muziki no mu kwizera, agaragaza ishimwe rikomeye.
Yagize ati: “2012 ni bwo nakoze igitaramo cyanjye cya mbere… kugeza ubu Imana yakomeje kuba indahemuka. Umwaka ku wundi, ku rubyiniro ku rundi. Icyatangiye ari icyerekezo, ubu cyabaye urugendo rw’ikorwa ry’Imana.”
Uyu muhanzi atangaje ibi nyuma y’igihe ari hano mu Rwanda aho yarari gukora ku mushinga w’alubumu ye n’abaproducer ba hano ndrtse n’abandi bahanzi batandukanye .


