Umunyamakuru wa BTN Tv Remy Ngabonziza yatunguwe no gusanga inzu ye yahiye

201 0

Mu gitondo  cyo 29/05/2024 mu murenge wa Runda ,Umudugudu wa Rugazi ,Akgali ka Ruyenzi nibwo kumvukanye inkuru  mbi y’uko inzu y’umunyamakuru wa BTN Tv usanzwe ari umuyobozi w’Ibiganiro yahiye igakongoka ntihagire nta kimwe barokora muri  iyo nzu .

Ubwo iyo nzu yafatwaga n’Inkong y’Umuriro nyirayo Bwana Ngabonziza Remy  witeguraga  ubukwe bwe  muri iyo minsi  yari yaraye  mu kazi ntiyari ahari yatunguwe no guhamagarwa mu rukerera  akiri ku kazi ko inzu ye  yafashwe n’Umuriro ariko abaturanyi be baraho bagerageza kuzimya  kugeza ubwo ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya umuriro naryo ryahageze rirazimya ariko byinshi mubyo yari afite harimo n’ibyo yagombaga gukoresha mu bukwe  bwe byakongokeyemo.

Ubwo  umunyamakuru wa Kigalihit  yageraga ahabereye iyi nsanganya Nyiri inzu  yari  atarahagera  ariko bamwe  mu baturage baturanye nawe  badutangarije  ko  ahagana mu masaha ya saa kumi n’ebyiri za Mu gitondo aribwo babonye imyotsi myinshi y’Umukara izamuka  mu nzu bihutira  gutabara ngo barebe ko hari icyo baramira muri iyo nzu ariko biba  iby’ubusa .

Umunyamakuru yagerageje  kuvuga na Ngabonziza Remy nyiri inzu yari  yahiye  ariko ntibyakunda kuko yarari mu bihe bitari  byiza  na gatoya ntiyabashaga kuvuga nyuma y’ibyago byari bimaze kumugwirira kandi yiteguraga kurongorera  muri  iyo nzu .

Gusa  ruhande rw’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda Umunyamabanga Nshingwabikorwa wuwo murenge yadutangarije ko  amakuru  yo gushya kw’iyo nzu  bayamenye ariko bikaba bivugwa ko yatwitse n’abantu bagishakishwa kuko batamenyekanye

Ku bijyanye  n’ibyahiriye muri iyo nzu  badutangarije ko ukurikije nuko  yari imeze ubwayo n’ibyari birimo  biri hagati ya Miliyoni 70 na 80

Uyu munyamakuru Ngabonziza Remy nkuko amakuru atugeraho yateganyaga kurushinga ku tariki ya 07 Kamena 2024 n’umukunzi we Ishimwe Sandra Safina

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *