Umuhanzi Ngarukiyintwali Jean de Dieu uzwi nka Maitre Dodian wamenyekanye mu mu ziki nyarwanda guhera muri 2019 ari mu byishim byinshi nyuma yaho inzozi ze zo gushinga studio ye ifasha abahanzi zibereye impamo akanasinyisha aba producer bakomeye hano mu Rwanda .
Uyu musore wamenyekanye mu ndirimbo nyinshi zitandukanye yagiye akora ku giti cye n’izindi yakoraye ‘abahanzi batandukanye hano mu Rwanda nka Generous 44, Mr Kagame, Khalfan Govinda, Niyo na Papa Cyangwe, ndetse yanakoranye bya hafi na Makanyaga Abdul bandi benshi , nyuma y’imyaka myinshi avuga ko yifuza guteza imbere muzika nyarwanda ndetse no gufasha impano zikizamuka uyu musore yujuej studio igezweho yise Global Music .
Ubwo umunyamakuru wa BTN Rwanda yasura iyi studio ya Maitre Dodian yise Global Music aho iherereye mw’Izindiriro muri Kimironko yamutangarije byinshi ku mushinga w’iyi studio ye .
Maitre Dodian yagize ati “ Ndi mu byishimo byinshi cyane muri iyi minsi kuko inzozi nagize nkitangira umuziki zo kuzashinga studio yo kuzateza imbere uru ruganda zabaye impamo ubu namaze gushinga iyanjye na vuba aha ndabaha zimwe mu ndirimbo maze gukoreramo z’abahanzi batandukanye.
Abajijwe imamvu yamuteye gukomeza kwishyiramo gushing studio ye Maitre Dodian yagize ati “ Burya umuhanzi agira imvune nyinshi cyane mu rugendo rwe mu myaka isaga umunani maze mu muziki nyarwanda nagiye ngira imbogamizi nyinshi mu yandi mastudio atadnukanye nagiye nkorera bituma niha gahunda y’uko nzashinga iyanjye nkajya nkora ibihangano byanjye bitamvunnye kandi nkakorera n’abandi bahanzi bagenzi banjye baba abakuru n’abakizamuka muri uru rugendo ruba rutoroshye kuri benshi .
Yakomeje atubwira ko kugeza ubu Studio Global Music yamaze gutangira aho yatangiranye na Producers Evydecks uzwi nka (Ayo Evy) wamenyekanye cyane mu bisumizi Studio ,ariko ubu akaba yasinyishije abandi ba Producers babiri ba bahanga barimo Fazzo Big Pro wazamuye abahanzi benshi tubona muri iyi minsi bakomeye mu Rwanda na Crack on the beat
Nyuma yo kudutangariza abaProducers bazakorana na Global Music Studio yaduhishuriye ko ubu agiye gushaka abanyempano mu bice bitandukanye by’igihugu aho babiri ba mbere bazerekana ko impano yabo ko iri hejuru bazasinyishwa muri iyo studio kugira bateze imbere impano zabo bagere no ku rwego bifuza.
Tumubajije ku masezerano yagiranye na Producer Fazzo nk’umwe mu bazwi ba bahanga dufite mu Rwanda yadusubije ko atahita ayatangaza kuko we yamuzanye kuko aziko ari umuhanga kandi nawe yifuza ko yazajya amukorera indirimbo nziza kandi zizakundwa n’abantu benshi .
Mu gusoza Maitre Dodian yibukije abakunzi ba muzika nyarwanda ko atari Global Music Studi guza babafitiye ahubwo bafite na Band ikora umuziki w’Imbona nkubone mu birori bitandukanye ndetse no mu mahoteli aho abayifuza bazajya banyura ku mbuga nkoranyambaga zabo bakabah akazi kuko babafitiye abauranzi ba bahanga cyane






