Ku wa 15 Nyakanga, ni bwo igihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari yaratanze isaba ko ingabo z’u Rwanda zikurwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) cyarangiye. Icyakora, ku rugamba nta gihinduka kigaragara, kuko imirwano ikomeje mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyepfo
Ibi byatumye ibihumbi by’abaturage bamaze igihe barahungiye mu nkambi batakaza icyizere cyo gusubira mu ngo zabo, nyuma yo kubona ko ibyari byitezwe bitagezweho.
Mu mujyi wa Uvira, ukomeje kwakira abaturage bahunze imirwano yo mu turere twa Fizi, Mwenga ndetse no mu misozi miremire n’iyo hagati ya Minembwe, abaturage bavuga ko kurangira kw’iyo ntarengwa ntacyo kwabamariye, kuko umutekano utigeze ugaruka.
Umwe mu bimuwe witwa Furaha Nyota, ukomoka i Katogota, yavuze ko yari yizeye ko ingabo z’u Rwanda zizava ku butaka bwa RDC, bityo abaturage bakabona amahoro.
Yagize ati: “Njye nk’umuntu wimuwe n’intambara, numvise ko u Rwanda ruzakura ingabo zarwo muri RDC narishimye cyane. Ariko tumaze kubona ko bitabaye, twongeye kugira ubwoba bwo kongera guhura n’ihohoterwa, cyane cyane gufatwa ku ngufu.”
Nk’uko abandi bimuwe babivuga, benshi bari bizeye ko igitutu cya dipolomasi cyashyizweho na Washington cyari gutuma impande zihanganye zigabanya imirwano, bityo abaturage bagasubira iwabo. Icyakora, uko iminsi yagiye ishira nta mpinduka zibaye, icyo cyizere cyarazimye.
Prince Katenza, umwe mu baturage baturuka mu kibaya cya Ruzizi, yagize ati: “Twari twishimye twumvise ayo makuru. Twibwiraga ko buri wese azasubira iwe amahoro. Ariko ubu twongeye kumva ko u Rwanda rugikomeje ibikorwa byarwo ku rugamba. Ibyo biraduteye agahinda gakomeye.”
Mu nkambi zicumbikiye abimuwe, ubuzima bukomeje kuba bubi. Usibye ibibazo by’ibiribwa, amazi meza n’ubuvuzi, abaturage bavuga ko icyo bifuza mbere ya byose ari amahoro n’umutekano wabafasha gusubira mu ngo zabo.
Jeanne Badesire, na we uri mu bimuwe, yasabye amahanga gufasha gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe.
Yagize ati: “Turasaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano asaba u Rwanda gukura ingabo zarwo muri RDC. Niba hari n’ingabo za Ouganda, na zo zikureyo kugira ngo amahoro agaruke. Twararenganye bihagije, turananiwe, ntitwifuza kongera kubona intambara.”
Abasesenguzi bavuga ko kuba igihe ntarengwa cyashyizweho na Amerika cyararangiye nta mpinduka zibaye ku rugamba bishobora gutuma abantu batakariza icyizere inzira za dipolomasi zigamije kurangiza amakimbirane.
Umusesenguzi wigenga mu gukemura amakimbirane, Mapenzi Manyebwa, yavuze ko igihe kigeze ngo imiryango mpuzamahanga irenze amagambo igafata ingamba zifatika.
Yagize ati: “Imiryango mpuzamahanga irimo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’Umuryango w’Abibumbye (Loni) igomba kugira uruhare rugaragara no kubahiriza inshingano zayo kugira ngo hubakwe amahoro arambye mu Karere k’Ibiyaga Bigari.”
Mu gihe imirwano igikomeje mu bice bya Fizi, Minembwe n’ahandi muri Kivu y’Amajyepfo, abaturage bakomeje kwibaza icyakurikiraho nyuma y’uko igihe ntarengwa cyari cyashyizweho na Washington kirangiye nta gihindutse.
Ku baturage basanzwe, ikibazo ntikikiri amatariki cyangwa ibiganiro bya dipolomasi gusa. Icyo bategereje ni ingamba zifatika zagarura umutekano, zikabafasha gusubira mu byabo no kongera kubaho mu mahoro nyuma y’imyaka myinshi y’intambara n’ubuhunzi.
Mu gihe hagitegerejwe indi gahunda nshya ya dipolomasi, ibihumbi by’abimuwe muri Uvira n’utundi duce twa Kivu y’Amajyepfo bikomeje kubaho mu buzima bwuzuyemo impungenge, bitegereje ko umutekano ugaruka kugira ngo basubire mu ngo zabo.


