Rema, yongeye gutumirwa mu Rwanda, aho azataramira abakunzi b’umuziki mu gitaramo kizaherekeza ibirori byo Kwita Izina bigiye kuba ku nshuro ya 21 bikaba byitezwe ko kizabera muri BK Arena ku wa 5 Nzeri 2026.
Iki gitaramo kizaba kimwe mu bikorwa bizasoza icyumweru cyahariwe Kwita Izina, kikazahuza umuziki, umuco, ubukerarugendo no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.
Uretse Rema watumiwe i Kigali, biteganyijwe ko hari n’abandi bahanzi bazifatanya na we muri iki gitaramo barimo Kivumbi King nabandi bazatangazwa mu minsi iri imbere.
