Nyambo Jesca yishyuriye abantu 100 ubwishingizi bw’ubuzima mu karere avukamo

581 0

Umukinnyi wa filime nyarwanda Niyonkuru Aimée, uzwi cyane ku izina rya Miss Nyambo Jesca, yafashije abaturage bo mu karere avukamo ka Kirehe, umurenge wa Nyarubuye, akagari ka Nyabitare, Intara y’Iburasirazuba, abishyurira ubwishingizi bw’ubuzima bushingiye ku miryango y’abantu 100 batifite

Mu kiganiro yagiranye na Chita Magic, Nyambo yasobanuye ko iki gitekerezo cyaje mu gihe cy’isabukuru ye y’amavuko.

Yagize ati:“Nashakaga gukora ibi nk’uburyo bwo gushimira Imana. Ariko icyo gihe byari hakiri kare kwishyura mutuelle de santé, bituma mpitamo kubigumana mu mutima kugeza igihe nyacyo kigeze. None dore tugeze hano.”

Yongeyeho ko ikintu cya mbere cyamuteye imbaraga ari ubuzima ubwabwo.
Ati:

“Icyo twese dukenera mbere na mbere ni ubuzima — kuko iyo ubuzima buhari, ushobora gukora no kugeraho byinshi. Natekereje ko kwishyurira abantu mutuelle de santé byaba inzira yo kubafasha kugira ubuzima buzira umuze no gukomeza gutera imbere. Natangiye n’abantu 100 bo mu baturanyi b’iwacu, kuko nshaka kubona iterambere ritangirira mu rugo.”

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *