King Jay nyuma y’imyaka 5 yongeye gushyira hanze indirimbo yise Your Body

225 0

Umuhanzi Uzarama Bernard Uzwi  nka  King Jay  yongeye kugaragara mu ruhando rzwa muzika nyuma y’imyaka  itanu adashyira hanze  ibihangano bye .

Uyu musore wamenyekanye cyane ubwo yateguraga ibitaramo bya Bikini Pool Party ndetse no muri Filime yitwa Kibobo  yagiye ikundwa cya ku rubuga rwa Youtube , yashyize hanze indirimbo ye  nshya yise  Your Body .

Mu kiganiro kigufi King Jay  yagiranye n’umunyamakuru wacu yamutangarije byinshi kukubura kwe mu kibuga cya Muziki muri iyo myaka yose igera kuri itanu ada.kora .

King Jay yagize ati “ muri iki gihe cyose abakunzi banjye  batambona si uko nari nararetse  umuziki ahuwbo nari mfite ibindu bintu nari mpugiyemo byo kwihugura ku bijyane na sinema ndetse na Muzika.

Yakomeje atubwira  ko  nyuma yo guhuguka  yahise ashyira indirimbo ya mbere muziri kuri alubumu ye  ya mbere ari kubategurira izajya  hanze  mu minsi ya vuba kabone ko ubu ngo yifuza  kuzajya ashyira hanze indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Yatubwiye ko indirimbo your Body  ari indirimbo y’urukundo kandi ikomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga akaba yizeye ko izakundwa n’abakunzi  be kuko ati indirimbo ibyinitse yakwifashishwa ahantu aho ariho hose mu birori

Kig Jay mugusoza yadutangarije ko ubu ari kubarizwa mu nzu ifasha abahanzi ya Mujomba Company akaba ariyo  iri kumufasha mu bikorwa bye  bya  buri munsi.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Posted by - September 24, 2025 0
Umuhanzi w’umunyanijeriya Davido yagizwe  umunyamuryango mushya uri  mu batora muri Recording Academy, mbere y’igihembo cya Grammys 2026. Nk’umunyamuryango utora, Davido…

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *