Kevin Muhire yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Ukwakira 2025 aho yitabiriye ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi izakina imikino ibiri isoza itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 ya Bénin tariki ya 10 Ukwakira i Kigali na Afurika y’Epfo tariki ya 14 Ukwakira muri Afurika y’Epfo.
Yari avuye muri Afurika y’Epfo mu ikipe ya Jamus yagiyemo mbere yo gusoza amasezerano muri Rayon Sports.


