Perezida wa Tanzania, Nyakubahwa Samia Suluhu Hassan, yohereje indege yihariye (Boeing 787-8 Dreamliner) muri Maroc kujyana kuzana abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ya Tanzania (Taifa Stars) n’abayobozi babo, nyuma yo kwitabira irushanwa rya AFCON.
Icyo cyemezo ni ukugaragaza icyubahiro gikomeye bahaye Tanzania, kubera kugera mu cyiciro cya 16 cya mbere, intambwe itari yarigeze igerwaho mbere.
Iyo ndege irahaguruka i Dar es Salaam kuri uyu wa 6 Mutarama 2026, izasubira muri Tanzania ku itariki ya 7 Mutarama 2026.
Perezida Samia yateguye kandi umusangiro w’ ifunguro rya saa sita ku Biro by’Umukuru w’Igihugu (Ikulu) ku itariki ya 10 Mutarama 2026, mu rwego rwo gushimira Ikipe ya Taifa Stars n’abayobozi bayo bitwaye neza


