Ku nshuro ya kane Mc Brian n’inshuti ze baguriye abantu 1.100 Mutuelle De Sant130

82 0

Nkuko bimaze kuba akamneyero  umushyushyarugamba Shema Brian wamenyekanye nka Mc Brian n’Inshuti ze  ku  nshuo ya Kane batanze  Ubwisungane bwo kwivuza (Mutuelle  De  Santé ku bantu  1.100 .

 Icyo gikorwa cyabaye ku cyumweru tarii ya 12 Ukwakira 2025 cyabereye mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro ahazwi nko “Mu Gashyekero”

 MC Brian watangije  iki gikorwa gisanzwe ari ngarukamwaka agikora  abinyujije mu bukangurambaga bwiswe “One For One Campaign” bugamije gukomeza gushimira Igihugu ku mahirwe gikomeje guha urubyiruko.

Icyo gikorwa  yarakoze ku nshuro ya cyo ya Kane. Ku nshuro ya mbere, cyabereye mu Karere ka Nyagatare mu 2022 aho hatanzwe Mutuelle de Santé zigera kuri 250. Bwa Kabiri hari mu 2023, cyabereye mu Karere ka Nyanza, icyo gihe hatanzwe Ubwisungane mu Kwivuza Bungana na 400.

Mu mwaka ushize ho, abatuye mu Karere ka Gicumbi, ni bo bahawe ubu Bwisungane mu Kwivuza bungana na 700.

Umunyamabanga Nshingabikorwa w’ Umurenge wa Gikondo wari mu baje muri iki gikorwa, yashimiye MC Brian n’inshuti ze [MC Brian & Friends] ndetse anatangaza ko mu baturage barenga 17,000, bishyuriye 1,100.

Shema agaruka kuri iki gikorwa cy’urukundo akora afatanyije n’inshuti ze, yavuze ko ashimishwa kandi agaterwa imbaraga no kuba ari igikorwa kigenda gikura uko iminsi igenda iza.

Ati “Icyo nishimira ni uburyo uko umwaka ugenda uza mfatanyije n inshuti zanjye, tugenda twishyurira benshi kurushaho. Niba twaratangiye twishyurira abantu 250 tukaba tugeze aho twishyurira abantu 1,100, ni iby’agaciro.”

Yongeyeho ati “Ikindi nishimira kurushaho, ni amahirwe Igihugu kidahwema kumpa mu kazi kanjye ka buri munsi ndetse kidahwema guha urubyiruko muri rusange binatuma tugera aho dufasha imiryango itishoboye.”

MC Brian azwiho kuyobora ibirori bitandukanye bikomeye bya Siporo biba birimo amazina akomeye y’abayobozi. Amenyerewe cyane muri shampiyona ya Basketball isanzwe ibera muri BK Arena ndetse no muri Tour Du Rwanda  akaba yaranagaragaye muri Shampiyona  y’isi umukino w’amagere iherutse  ubera mu Rwanda .

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *