Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuye iby’itabwa muri yombi ry’abayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, barimo Visi Meya (Vice Mayor) ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa (Gitifu) w’Umurenge wa Musebeya.
RIB ivuga ko tariki 24 na 29 Nyakanga 2026, yafunze abayobozi babiri, aribo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe, Nkurikiyimana Pierre, wafunzwe tariki 24 Nyakanga 2026 akekwaho ibyaha bine ari byo; Guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina, Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, Gufata icyemezo gishingiye ku rwango, ndetse no Gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.
Iperereza rimaze iminsi rikorwa na RIB, rigaragaza ko ibi byaha Gitifu Nkurikiyimana akekwaho, byaba byarakorewe umugore wari umukozi w’Akagari ka Rusekera, mu Murenge wa Musebeya abereye umuyobozi.
Undi watawe muri yombi ni Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwamaliya Agnès, we wafashwe tariki 29 Nyakanga 2026, aho akurikiranyweho icyaha cyo kutamenyakanisha icyaha cy’ubugome.
Iki cyaha Visi Meya Uwamaliya akekwaho, gifitanye isano n’ibyo Gitifu Nkurikiyimana akekwaho; kuko bivugwa ko uyu mukozi w’Akagari wakorewe ibyaha yabonye amurembeje ndetse anamusabira kwimurirwa ahandi kuko atumvaga ibyo amusaba; ajya ku Karere abibwiye uyu Visi Meya amwuka inabi, undi ngo asohoka arira nk’uko Umuseke wabyanditse; bivuze ko yabihishiriye aho kugira ngo abimenyekanishe, ngo bikurikiranwe.
Bombi bafungiye kuri Station ya RIB ya Gasaka muri aka Karere ka Nyamagabe, mu gihe dosiye yabo iri gutunganwa kugira ngo izoherezwe mu Bushinjacyaha.
RIB isaba abayobozi mu nzego zitandukanye, zaba iza Leta cyangwa iz’Abikorera kudakoresha umwanya bafite bahohotera abo bayobora, kuko uzabifatirwamo wese atazihanganirwa.
RIB ivuga kandi ko umuyobozi wese asabwa kurengera no kurinda abo ayobora, ko adakwiriye guhishira icyaha cyakozwe; igasaba abantu bashobora kuba bakorerwa ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina kutabyihererana, bakajya bayibimenyesha kugira ngo bikurikiranwe mu maguru mashya.
Ibyaha Nkurikiyimana na Uwamaliya bakekwaho bihanishwa ibihano bitandukanye, aho igihano gito igihe haba hari uhamijwe icyaha n’Urukiko ari igifungo kiva ku mezi 6 ariko kitarengeje umwaka umwe n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi 100FRW ariko atarenze ibihumbi 300FRW; ku cyaha cyo kutamenyakanisha icyaha cy’ubugome.
Icyaha gifite igihano kinini igihe yaba abihamijwe n’urukiko, ni icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gihanishwa igifungo kuva ku myaka 10 ariko kitarenze imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (Frw1,000,000) ariko atarenze miliyoni ebyiri (Frw 2,000,000).


