Polisi y’u Rwanda igiye gukurikirana imyitwarire idahwitse mu ruhame no ku mbuga nkoranyambaga, zirimo TikTok n’izindi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko iri genzura rizagera no kuri TikTok Live ndetse n’izindi mbuga zo kuri internet abantu bakoresha berekana cyangwa batangazaho ibyo bakora.
ACP Rutikanga yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru yahuriyemo n’Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Thierry B. Murangira. Muri icyo kiganiro, inzego zombi zerekanye abantu bakekwaho kuba bafitanye isano n’inganda zikora inzoga zari zarafunzwe kubera gukora no gucuruza inzoga zitubahirije ubuziranenge busabwa.
Rutikanga yavuze ko Polisi izajya ikurikirana imyitwarire ibera haba hanze y’isi ya internet ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, harimo n’ibikorwa bya TikTok Live.
Yagize ati: “Tuzatangirira no ku mbuga nkoranyambaga. TikTok Live… Hari abakibwira ko tutababona… Turabakurikirana… turababona.”
