Zambia: Babiri bakatiwe imyaka 2 nyuma yo gushaka kuroga Perezida Hichilema

167 0

Urukiko rwo muri Zambia rwakatiye abantu babiri igifungo cy’imyaka ibiri nyuma yo kubahamya icyaha cyo kugerageza kwica Perezida Hakainde Hichilema bakoresheje uburozi.

Leonard Phiri ukomoka muri Zambia na Jasten Mabulesse Candunde ukomoka muri Mozambique batawe muri yombi mu Ukuboza 2024, ubwo bafatanwaga uburozi burimo uruvu.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Phiri na Mabulesse bari barahawe ikiraka n’umudepite watorotse ubutabera, kugira ngo bice Perezida Hichilema.

Mu rubanza, bo bavugaga ko ari abavuzi gakondo ariko umunyamategeko wabo, Agrippa Malando, we yemeye ko bakoze icyaha, abasabira koroherezwa igihano kuko ari ubwa mbere bakurikiranywe n’ubutabera.

Umucamanza Fine Mayambu yagize ati “Bombi bemeye ko bari batunze uburozi. Phiri yerekanye umurizo w’uruvu yifashishaga mu migenzo, bikaba byari guteza urupfu mu minsi itanu.”

Mayambu yagaragaje ko Phiri na Mabulesse atari abanzi ba Perezida Hichilema gusa, ahubwo ko ari abanzi b’abaturage ba Zambia.

Mayambu yagaragaje ko nubwo siyansi itemera amarozi nk’aya, ari ngombwa ko itegeko ryubahirizwa kuko rirengera sosiyete ishobora guterwa ubwoba n’abavuga ko bafite imbaraga zidasanzwe.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

RDC: Ebola imaze guhitana abasaga 30

Posted by - September 19, 2025 0
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko hamaze kuboneka abasaga 48 banduye Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya…

AFC/M23 mu marembo ya Shabunda

Posted by - October 8, 2025 0
Umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri gusatira santere ya Shabunda mu ntara…

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *