Dj Brianne agiye guhurira mu birori bimwe Sheila Gashumba I Kampala

510 0

Gateka Esther umaze kumenyekana nka Dj Brianne mu kuvanga umuziki ndetse  no gukora ibiganiro bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga  nka  Youtube ,Tik Tok  nahandi agiye gukorera igitaramo cy’amateka I Kamapla muri Uganda .

Uyu mukobwa uamze kubaka izina  hano mu karere ndetse no ku mugabane w’Uburayi si ubwa mbere agiye gusususrutsa abakunzi b’Umuziki  mu gihugu cya Ugand akabone ko amze kujyayo inshuro itari imwe  cyangw akabiri kubera ubuhanga  bwe .

Mu ntangiriro z’iki cyumweri abinyujije ku mbuga ze  nkoranyambaga Dj Brianne  yasangije  benshi  integuza ko azataramira  muri Uganda aho azahurura  mu rubyinro rumwe na barimo Sheilla  Gahsumba umwe mu bakobwa bakunzwe mu mujyi wa Kampala  ndetse na mugenw=zi w’umunyarwandakazi Dj Alisha DJ, DJ Big Allan na DJ Jose ndetse n’abandi batandukanye

Nkuko bigaragara muri  iyo nteguza biteganyijwe ko  icyo gitaramo mkizaba kuri  uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025 kikzazabera  muri Paradigm Kampala aho azaba ariwe Mutumirwa mukuru .

Dj Brianne muri iyi minsi akomeje kugenda yerekana ko  afite impano nyinshi cyane zitandukanye kandi anagaragaz aubushake bwo gukomeza kwiga ibindi bintu byinshi byamuteza  imbere ,Mu minsi ishize  ni umwe mu bagaragaye mu ndirimbo Pressure  ari kumwe n’ibindi byamamare bikomeye hano mu Rwanda

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *