Simbizi Saidi wavuye mu gukorana n’abanywi b’ibiyobyabwenge ubu ni umukozi w’Imana w’igitangaza

180 0

Simbizi Saidi wamenyekanye nka  Lil One ubwo yari akiri  umuhanzi mu myaka yashize arashimira Imana yamukuye  mu rwobo rw’intare ikamuha agakiza  nyuma y’imyaka myinshi yarasabswe n’ubusinzi ndetse  n’Ubusambanyi utibagiwe  n’Ibiyobyabwenge ubwo yabonaga iby’ ibyose  ari ibye .

Aya  ni amagambo  uyu mugabo wakiriye agakiza ahagana mu mwaka wa 2007 ariko kubera kutagira umurongo  mu buzima  mu mwa wa 2010 aza kubivamo agana iy’umuziki aho  yagiye akorana n’abahanzi benshi barimi Gisa Cyinganzo anahamya ko babanaga mu nzu ndetse bakanasangira  ibiyobyabwenge ,abandi bahanzi avuga yakoranye  nabo ni Bull Dogg ,Fireman, Neg G  The General ,P Fla  na benshi  yabashije kugenda yegera ngo arebe  ko impano  ye  yagera kure

Mu kiganiro n’umunyamakuru wa BTN Rwanda uyu umukozi  w’Imana Simbizi Saidi  yamutangarije ko  ahagana mu mwaka wa 2018 aribwo yarari  kumwe  n’inshuti ze bari gusangira yumvise ijwi ry’Imana rimusanga  rimubwira ko agomba  gusenga akareka ingezo mbi nko kujya mu kabari ,Ubusambanyi ni bindi byinshi  bidashimisha imana n’Umwana wayo .

Yakomeje avuga ko icyo gihe  yafashe icyemezo cyo  gushaka agakiza maze ajya mw’itorero Shiloh Play Mountain Church arabatizwa  kuva icyo gihe ashimangira  ko Imana yatangiye  kumukuza  mu buryo  bw’umwuka kugeza ubwo  ubu yamaze kuba Umuvugabutumwa muri iryo torero nyuma yo  kubona impamyabumenyi muri Tewolojiya mu ishuri rya  Emaus  ryigisha Bibiliya .

Simbizi yavuze kandi ko kuva icyo  gihe yatangira kuba umukozi w’Imana amaze  kugera kuri byinshi ashimira  Imana cyane nko kuba abanye neza n’Umugore we  n’abana batatu ibintu abona ko byahindutse cyane amaze kwakira agakiza kuko yanabashije  kwiyubakira Inzu atakiraraguzwa nkuko byagenda akigendera muby’Isi .

Yakomeje avuga  ko  ibiri kumubaho  ari umugisha mwinshi cyane nkuko muri Yeremiya 1:4-5  ,Imana ivuga  iti “ Nakumenye  ntarakurema mu nda ya Nyoko , Kandi nakwejeje utaravuka , Ngushyiriraho kuba Umuhanuzi uhanurira amahanga.

Yavuze kandi ko intego ye  ubu ari ugukomeza gukoreshwa  n’imana ibikomeye  avuga  gukomera kwayo  abantu bakareka ibyaha ,Amashyari .Ivangura ,Kunywa Ibiyobyabwenge ,Gusambana ni bindi byinshi  ahubwo bakagandukira Imana bakora ibyo Ikunda .

Saidi arashima Imana cyane Ikomeje  kumukoresha  ibikomeye kuko ubu ku bushobozi bwayo asigaye asenga indwara zigakira  abantu benshi bakava mu byaha kubera ubushobozi Imana yabahaye .

ndashima Imana ikomeze kunkoresha Ibikomeye kuko ubu k’ubushobozi bw’ Imana Indwara zirakira ,abantu benshi barahinduka kubera Imana iba yadukoresheje

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *