Abanyarwanda batangiye kugana Spiro nyuma y’izamuka ry’Ibiciro bya Lisansi

45 0

Intambara no gushyamirana bikomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, byahungabanyije isoko ry’ingufu, none ingaruka zabyo zirimo kugera no ku bihugu biherereye kure cyane y’ako Karere.

Mu Rwanda, impungenge ziragenda ziyongera bitewe n’izamuka ry’ibiciro bya lisansi ririmo gutuma ibiciro by’ingendo bizamuka, bigahungabanya imicungire y’imari y’ingo, ndetse bigatera gushidikanya ku hazaza heza h’ubucuruzi bushingiye ku gutwara abantu n’ibintu mu buryo bwa buri munsi.

Ku bagenzi, ibiciro by’ingendo ni ingenzi cyane. Ku batwara abagenzi ku rwego rw’ubucuruzi, ibiciro bya lisansi bigira ingaruka ku buryo butaziguye ku nyungu babona. Ku rwego rw’ubukungu muri rusange, izamuka ry’ibiciro by’ingufu rikomeje kwiyongera rishobora kugira ingaruka ku nzego zitandukanye.

Ariko kandi, ibihe by’ihungabana ry’ibiciro bikunze gutuma havuka ibisubizo bishya. Mu Rwanda, kimwe mu bisubizo byiza bihari muri iki gihe, ni ugukoresha ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi.

Ku isonga ry’iyo mpinduka iganisha ku ikoreshwa ry’amashanyarazi mu bwikorezi, hari Sosiyete ya Spiro, irimo gufasha mu kugira ngo ubwikorezi burusheho guhenduka, bugire ibiciro by’ubwikorezi bidahinduka cyane kandi no butegura ejo hazaza.

Mu gihe ibiciro bya lisansi bikomeza guhindagurika kubera ibibazo by’umutekano ku rwego rw’isi. Moto zikoresha amashanyarazi, zitanga andi mahirwe ku bazitwara, harimo ibiciro byo kuzikoresha bito, kutishingikiriza kuri lisansi itumizwa mu mahanga, no guteza imbere urwego rw’ingufu zitangiza ibidukikije, zigakoresha ibiboneka imbere mu gihugu.

Ibyo rero ni ingenzi cyane ku gihugu nk’u Rwanda, aho moto zifite uruhare runini mu gutwara abantu n’ibintu no gutuma abantu babona akazi n’amafaranga. Ibihumbi by’abamotari ubwo buryo nibwo bakoresha kugira ngo batunge imiryango yabo, aho batwara abagenzi, ndetse bakanatwara ibicuruzwa mu mijyi no mu turere.

Abakoresha za moto zikoresha zikoresha amashanyarazi, Aho guhora bahanganye n’ihindagurika ry’ibiciro bya lisansi bya buri munsi, bo bacunganwa no gusimbuza za bateri mu buryo bwateganyijwe, kugenda ku muvuduko wagenwe no korohereza abazikoresha mu bijyanye n’ibiciro. Ibyo bituma habaho ituze ku mafaranga binjiza kandi bikagabanya impinduka z’ibiciro bikunze kuranga ubwikorezi bushingiye kuri lisansi.

Iyo mpinduka yatangiye kugaragara. U Rwanda rwabaye kimwe mu bihugu byo muri Afurika biyoboye mu igerageza no mu ikwirakwiza rya za moto zikoresha amashanyarazi, bijyanye n’impinduka muri politiki n’iyiyongera ry’abazikoresha ku isoko. Raporo z’inganda zigaragaza ko igurishwa ry’izo ririmo kwiyongera ku muvuduko munini, kubera ko abatwara benshi bashaka inyungu z’igihe kirekire kandi zikaba zitanga icyizere mu mikorere.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *