Nkuko mu bizi turi gusoza icyumweru aho umuntu aba agomba kwimara umunaniro aba amaranye icyumweru ari mukazi ku bwibyo rero Kigalihit.rw twabahitiyemo utubari twiza wasohokeramo tubafitiye n’imyidagaduro
ku isonga ndakangurira abari mumugi rwagati ,Nyamirambo , Kimisagara na gatsata ko mwese mwanyarukira Kaizen Hotel ,iherereye Nyabugogo Kano gahanda kajya ku inkundamahoro iri joro murataramana muri Karahanyuze kuko babazaniye Impala

Abari bube muri Remera mwese ndetse mukunda Karaoke ntimuze gutangwa kugera Top Chef Plus iherereye Ku Kisimenti impande neza y’ahahoze Rosty

Abakunzi b’umuziki ugezweho bose barahurira Kicukiro akabari kagezweho muri ino minsi mu Rwanda kitwa Paddock , aka kabari mu rwego rwo kunezeza abakunzi bako muri ibi bihe by’imvura bamaze gusakara hejuru kuburyo nta mukiriya wagerwaho n’igitonyanga, akarusho kuri uyu wa gatanu babazaniye umuhanzi Danny Nanone naho kuwa 6 babazaniye umuhanzi Yampano kandi hose kwinjira ni ubuntu


Kuri Uyu wagatandatu nabwo Paddock bizaba ari ibirori
Abakunzi b’ikinansuro namwe tubahitiyemo gusohokera Top Chef Nyabugogo


