Umuntu 1 yahasize ubuzima abandi 13 barakomereka mu gitero cy’indege z’Uburusiya mu gace ka Zaporijjia

376 0

Byibuze umuntu umwe yapfuye abandi 13 barakomereka mu gitero cy’indege cyagabwe n’Uburusiya mu mujyi wa Zaporijjia mu burasirazuba bwa Ukraine, mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri.

Guverineri w’Intara, Ivan Fedorov, yatangaje ko nibura ibitero 10 byibasiye uwo mujyi mu ijoro, bigamije cyane cyane ibikorwa remezo by’abasivile.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutabazi cyavuze ko ibyo bitero byateje inkongi y’umuriro ikomeye yakwirakwiye mu nyubako z’abaturage.

Amashusho yashyizwe hanze n’abayobozi yerekanye inzu zasenyutse bikomeye n’ibisigazwa by’imyubakire bisakaye mu mihanda.

Kugira ngo iyo nkongi icogozwe, ubuyobozi bwahise bwohereza abashinzwe ubutabazi 78 n’ibikoresho 17 by’imirimo yo kuzimya inkongi, barimo no gushakisha abashobora kuba bagwiriwe n’inzu zasenyutse.

Imirimo y’izo nzego z’ubutabazi yakomeje gukorwa no ku wa kabiri mu gitondo, mu gihe abaturage bo bakomeje kugaragaza impungenge z’uko uyu mujyi ushobora gukomeza kwibasirwa n’ibitero.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

RDC: Ebola imaze guhitana abasaga 30

Posted by - September 19, 2025 0
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko hamaze kuboneka abasaga 48 banduye Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya…

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *