Ayra Starr yaciye gahigo k’umuhanzikazi muri afurika ukurikirwa n’abantu benshi kuri Spotify

380 0

Ikigo gikomeye mu gukwirakwiza umuziki kuri murandasi, Spotify, cyashyize ahagaragara urutonde rw’“Abahanzi b’Abagore 5 b’Afrobeats bakunzwe cyane mu mezi 12 ashize”, aho umuririmbyi w’Umunyanijeriya, Ayra Starr ari we uri ku mwanya wa mbere.

Spotify yashimye Ayra Starr iyita “umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats”.

Umuririmbyi w’Umunyanijeriya wegukanye Grammy, Tems, ari ku mwanya wa kabiri. Ku mwanya wa gatatu hari umuririmbyi w’Umunyamerika ukomoka muri Cameroun, Libianca.

Icyamamare cy’umuziki w’Umunya-Mali ufite n’ubwenegihugu bw’Abafaransa, Aya Nakamura, cyafashe umwanya wa kane, mu gihe umuririmbyi w’Umunyaburayi ukomoka muri Nijeriya, Darkoo, ari we wasoje urutonde rw’abari mu myanya 5 ya mbere.

Umuririmbyi w’Umunyafurika y’Epfo, Tyla, ntagaragara kuri uru rutonde bitunguranye, n’ubwo mu mwaka ushize ari we wegukanye ibihembo byose bikomeye bya Afrobeats.

Spotify yanashyize ahagaragara urutonde rw’abahanzi 5 ba Afrobeats bakunzwe cyane muri Amerika y’Amajyepfo (Latin America). Uru rutonde rwose rwuzuyemo abahanzi bakomoka muri Nijeriya.

Rema ni we uri ku mwanya wa mbere, Ayra Starr ari ku mwanya wa kabiri, mu gihe CKay yasoreje mu myanya 3 ya mbere.

Burna Boy na Wizkid bari ku myanya ya 4 n’uwa 5, bikurikiranya.

 

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Posted by - September 24, 2025 0
Umuhanzi w’umunyanijeriya Davido yagizwe  umunyamuryango mushya uri  mu batora muri Recording Academy, mbere y’igihembo cya Grammys 2026. Nk’umunyamuryango utora, Davido…

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *