Umugore wa Clapton Kibonge yamwifurije isabukuru nziza mu magambo aryoheye amatwi

693 0

Kuri  uyu wa Kabiri  tariki ya  14 Ukwakira  2025 nibwo Umwanditsi akaba n’umukinnyi wa filime Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge yizihije isabukuru ye y’amavuko .

Mu rwego rwo kumwifuriza isabukuru Nziza  umugore  we Ntambara Jacky  yifashishije imbuga nkoranyambaga ze yateye  imitoma umugabo we Clapton Kibonge amwifuriza Isabukuru  nziza

Mu butumwa bwuzuye  amagambo y’Urukundo  Kacky  yagize ati “ Ku nshuti yanjye magara isabukuru nziza cyane, mukunzi wanjye!

Buri gihe nshimira Imana ku bwo kubaho kwawe, kuko nzi neza ko uri umuntu ukunda abandi kandi ufitanye ubusabane bwiza na bose.

Urakoze kunyemerera kugendana nawe muri uru rugendo rw’ubuzima, no kurworohereza.

Mu mwaka mushya utangiye, ndagusabira ko Imana yakugururira imiryango mishya y’amahirwe n’imigisha mu buzima bwawe bwose.

Imigisha y’Imana ikugubikire, kandi utsinde mu byo ukora byose  ubereho Mwami!

Ndishimiye cyane ubuzima turi kubaka hamwe  imbuto z’urukundo rwacu n’izindi nyinshi ziri imbere.
Ndagukunda byimazeyo.

Clapton kibonge  na Ntambara  Jacky  bashakanye  muri muri 2018 kugeza ubu bafitanye abana 3

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *