El Classico Beach yashyizeho Promosiyo kubagana El Classico Apartement

65 0

Muri  iki gihe Abanyarwanda ndetse  n’Inshuti z’u Rwanda bitegura kwinjira  mu gihe cy’Iminsi mikuru  isoza umwaka El Classico Apartement  iherereye mu murenge wa Nyamyumba ahazwi nko kuri Brasserie  mu karere ka Rubavu  yashyize igorora  abasohokera muri uwo mujyi uzwi gusurwa na benshi baba bagiye  kwirebera ibyiza biwutatse ndetse  no kurya ifi nziza muri El Classico Beach Chez West .

Nyuma y’imyaka myinshi El Classico  Beach Chez West  ibaha serivize nziza zirimo kubakira , kubategurira amafunguro n’ibiyobwa bitandukanye  , uyu mwaka byo byabaye ibindi bindi kubera ko benshi mu batemberera I Rubacu cyane cyane kwa West basabye ko yabafungurira  ahantu ho kuzajya baruhukira mu masaha akuze.

Mu kiganiro  na Nshimiyimana Onesphore uzwi nka West yadutangarije byinshi kuri El Classico  Apartement  yagize ati  Izi Apartement nazubatse ku busabe  bw’abakiliya  bacu benshi basohokeraga ahangaha byagera  mu masaha  ya ninjoro ugasanga  bari kugorwa no  kujya mu mujyi gushaka  aho baruhukira cyangwa bakomereza ibirori byabo nibwo mu natangiye kuzubaka ubu zikaba zaramaze kurangira  ziri gukora neza aho batanga servize zose  nziza  zikenerwa  muri Apartement cyangwa hotel

Yakomeje avuga ko ubu muri El Classico Apartement babafitiye ibyumba byiza biri mu byiciro bitandukanye birimo Wi-Fi Igufasha kuba wakwikomereza akazi igihe uri kuruhuka  ,Televiziyo za Rutura wareberaho ibintu bitandukanye nk’Imipira n’ibindi byinshi bitandukanye.

Akarusho muri El Classico Apartement n’amafunguro yaho atekanye ubuhanga buhambaye n’abatetsi babigize umwuka  , utibagiwe n’amafunguro ya mu gitondo ku bakiliya baharaye.

Mu gusoza West yadutangarije ko ubu bafitiye abakiliya babo Poromosiyo kubafashe apartement ko bahabwa amafunguro ya mu gitondo ku buntu ndetse bakanahabwa ubwato bwo gutuma birebera ibyiza bigize  ikiyaga cya Kivu n’umujyi wa Rubavu .

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *