Mu gihe abantu bakiri mu byishimo byo gutangira umwka mushya wa 2026 I Kigali hakomeje gutegura ibitaramo bitandukanye byo kwishimana n’inshuti n’abavandimwe .
Ni muri urwo rwego Kompanyi itegura ibitaramo ya Cedric Entertainment iyoborwa na Murengerantwari Cedric umurundi ukorera ibikorwa bye by’imyidagaduro hano Rwanda yateguye igitaramo yise Burundi and Rwanda Connect mu rwego rwo gukomeza guhuza ibyamamare byo mu Burundi no mu Rwanda .
Mu kiganiro n’umunyamakuru wacu yamutangarije aho yakuye icyo gitekerezo cyo guhuriza hamwe abafite aho bahuriye mu ruganda rw’imyidagaduro mu bihugu byombi bituranye kandi bihuje imico n’ururimi ndetse n’ibindi byinshi.

Murengerantwari Cedric yagize ati : U Rwanda n’uburundi n’ibihugu bibanyi kuva kera bivuga ururimi rumwe ikintu gikomeye cyane we yafashe icyemezo cyo kujya ategura ibitaramo bizajya bihuza ibyamamare byo mu Burundi no mu Rwanda mu rwego rwo gukomeza kubaka ubumwe abaturage babyo bafitanye kuva mu binyejana byinshi bishize .
Yagize ati” mu rwego rwo gukomeza gufasha abahanzi bo mu Burundi nabo mu Rwanda gukomeza kwiyerekana mu bihugu byombi binyuze mu myidagaduro ahitamo gutegura icyo gitaramo aho yifuza kuzajya afasha abahanzi bo muri ibyo bihugu kumenyekanisha ibihangano byabo mu itangazamakuru kugira ngo bazaje babasha kugira icyo binjiza binyuze muri ibyo bitaramo bya Burundi and Rwanda Connect .
Yasoje avuga ko yifuza ko ibi birori bya Burundi and Rwanda Connect byajya biba rimwe mu kwezi aho yifuza kuzajya atumira umuhanzi cyangwa umudj b’ abarundi n’abanyarwanda bagasabana , bakaganira ndetse bakarushaho kubaka ubumwe hagati yabo bizatuma imyidagaduro ikomeza gutera imbere ku bahanzi bose
Igitaramo cya Burundi and Rwanda Connect cyo muri uku kwezi biteganyijwe ko kiraba kuri uyu wa Gatatu tariki ya 07 Mutarama 2026 muri Kigali Universe aho kwinjira ku muntu ari nk’ubuntu ari 2000 Frw






